skol

Mashami Vincent yahamagaye abakinnyi 36 bagiye kwitegura guhangana na Uganda

Yanditswe: Monday 27, Sep 2021

featured-image

Umutoza w’ikipe y’igihugu,Amavubi,Mashami Vincent yashyize hanze abakinnyi 36 azakuramo abo azifashisha mu mikino 2 afitanye na Uganda tariki ya 7 n’iya 10 Ukwakira 2021.
Kuri uru rutonde hagaragayemo abakinnyi nka Habarurema Gahungu, myugariro wa Bugesera FC witwa Kato Samuel na Rafael York wamaze kwererwa gukinira u Rwanda.
Umukino ubanza uzakinirwa i Kigali ku ya 7 Ukwakira 2021 mbere yuko umukino wo kwishyura i Kampala ku ya 10 Ukwakira 2021.
Mu mukino uheruka mu ntangiriro z’uku (…)

Umutoza w’ikipe y’igihugu,Amavubi,Mashami Vincent yashyize hanze abakinnyi 36 azakuramo abo azifashisha mu mikino 2 afitanye na Uganda tariki ya 7 n’iya 10 Ukwakira 2021.

Kuri uru rutonde hagaragayemo abakinnyi nka Habarurema Gahungu, myugariro wa Bugesera FC witwa Kato Samuel na Rafael York wamaze kwererwa gukinira u Rwanda.

Umukino ubanza uzakinirwa i Kigali ku ya 7 Ukwakira 2021 mbere yuko umukino wo kwishyura i Kampala ku ya 10 Ukwakira 2021.

Mu mukino uheruka mu ntangiriro z’uku kwezi,u Rwanda rwanganyije igitego kimwe ku kindi na Kenya.

Kugeza ubu u Rwanda ni urwa nyuma mu itsinda E n’inota rimwe mu gihe Mali iriyoboye n’amanota ane, Kenya ifite amanota abiri naho Uganda ifite amanota 2.

Ibitekerezo

  • Kbx nibitegure hakiri kare Turebe ko UG twayikuraho amanota byibuze

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa