skol

Matayo 20:16: Abari aba mbere bazaba aba nyuma, undi mwanya wo kwitekerezaho kuri Gisagara VC na Kepler VC- Dusesengure

Yanditswe: Monday 23, Mar 2026

featured-image

Mu gihe imikino ya kamarampaka ikomeje muri shampiyona ya volleyball mu Rwanda, amakipe ya Gisagara VC na Kepler VC yayoboye umwaka w’imikino usanzwe, yisanze yaseserewe bitunguranye.

Shampiyona ya volleyball mu Rwanda umwaka wa 2025-2026 igeze aho rukomeye mu mikino ya kamarampaka (Playoffs) aho abambere bamaze kugera ku mikino ya nyuma naho abanda bagasesererwa. Mu nkuru yacu ya none, tugiye kugaruka ku mikino ya ½ aho yasize amakipe ya Kepler na Gisagara volleyball club asezerewe nyamara yarasoje umwaka w’imikino (regular season) ayoboye abanda.

Si ugutandukira cyane ahubwo ni urugero, muri Matayo 20 umurongo wa 16 ku bemera mana hagira hati “Nguko uko aba nyuma bazaba aba mbere, n’aba mbere bakazaba aba nyuma”, ibi bias neza neza nibyabaye kuri aya makipe abiri ya Gisagara VC ndetse n’ikipe ya Kepler VC mu cyiciro cy’abagabo aho ubwo shampiyona isanzwe (regular season) yuyu mwaka yasojwe aba bombi bayoboye abanda ariko ubu bakaba baramaze gusezererwa aho basahatanira umwanya wa gatatu.

Petit Stade irimo kwakira imikino ya Kamarampaka
Uko imikino ya ½ yagenze.

Nkuko amabwiriza y’irushanwa yabitegekaga, amakipe yabaye ane ya mbere muri shampiyona isanzwe (regular season) yagombaga guhita yerekeza mu cyiciro gikurikira aricyo (Playoffs) maze agakina imikino ya ½ kujyeza ageze finali ari naho hamenyakana uwegukanye shampiyona y’umwaka w’imikino wa 2025-2026.

Ikipe ya Gisagara VC yabaye iya mbere yacakiranye na Police VC naho Kepler yari yabaye iya kabiri, yo ihura na REG VC yo yari yasoje ku mwanya wa gatatu mu makipe ane yagomba gukina kamarampaka. Aya makipe yagombaga guhura maze agatanguranwa imikino itanu (Best of Five) ibi bivuze ko uwajyaga gutanga undi nibura imikino itatu ku busa, yajyaga guhita akomeza ku mukino wa nyuma.

Ntabwo byasabye ko imikino itanu igera kuko Gisagara yatsinzwe imikino 3-0 na Police VC ibi kandi ni nabyo byabaye kuri Kepler VC kuko nayo yatsinzwe imikino 3-0 n’ikipe ya REG VC maze iyi Gisagara ndetse na Kepler zari zayoboye abanda zisezererwa gutyo maze REG VC na Police VC zinjiye mu mikino ya kamaramapaka ku munsi wa nyuma, zisanga ku mukino wa nyuma.

Police VC igarutse ku mukino wa nyuma ku nshuro ya kabiri yikurikiranya
Undi mwaka wo kwitekerezaho kuri aba bombi.

Ni inshuro ya gatatu yikurikiranya ikipe ya Gisagara VC idashobora gukina imikino ya nyuma ya shampiyona nyuma ya 2023 umwaka iyi kipe iheruka kwegukanamo igikombe cya shampiyona. Nyuma yuyu mwaka ikipe ya Gisagara VC yamaze imyaka ibiri, idashobora kujyera no mu makipe akina kamarampaka (Playoffs) gusa uyu mwaka wo usa nku wari wabahiriye aho babashije kujyera muri kamarampaka nubwo bitakunze ko bagera ku mukino wa nyuma nyuma yo gusezererwa na Police VC.

Nubwo Kepler VC atari ikipe imaze igihe kinini ishinzwe dore ko yatangiye gukina shampiyona mu mwaka wa 2024, iyi ni imwe mu makipe akunzwe cyane muri shampiyona ya hano mu Rwanda dore ko igiye ifite n’uduhigo yihariye mu bikombe by’imbere mu gihugu harimo nko kwegukana ibikombe by’irushanwa ry’ubutwari imyaka ibiri yikurikiranya 2025 ndetse na 2026 ukongeraho n’ibindi bikombe yagiye yegukana bitandukanye ariko bitarimo shampiyona.

Nubwo ibyo byose imaze kubigeraho kandi mu gihe gito imaze ishinzwe, iyi kipe ya Kepler VC yujuje umwaka wa kabiri yikurikiranya itazi icyo gukina umukino wa nyuma (Final) aricyo kuko iheruka gukina imikino ya nyuma mu mwaka wa 2024.

Mu mikino yo kwishyura uyu mwaka, ikipe ya Kepler VC yongeyemo amaraso mashya aho yinjije umukinnyi ukomoka muri Puerto Rico witwa Jair Santiago ngo afatanye na bagenzi be aho yabisikanye n’umunya Tanzania David. Nubwo imikino ye ya mbere yakiniye Kepler yari imikino y’igikombe cy’intwari (Heroes) ndetse akafasha iyi kipe ibarizwa I Kinyinya ku cyegukana, Santiago ntabwo abashije gukina imikino ya nyuma mu mwaka we wa mbere.

REG VC yasezereye Kepler VC ku mikino 3-o
Kepler VC usibye kwitegura gukina imikino y’umwanya wa gatatu, iyi kipe ifite urugamba rukomeye imbere aho igomba kwitegura imikino nya Afurika ihuza amakipe yabaye aya mbere iwayo (CAVB Club Championship 2026) iteganyijwe kubera I Kigali.

Ikipe ya REG VC igarutse ku mukino wa nyuma nyuma y’imyaka ine itahagera aho yaherukaga ku mukino wa nyuma ndetse inegukana igikombe ari nacyo iheruka muri 2022 ubwo yatozwaga n’umutoza kwizera Marchal, ubu ikaba itozwa n’umutoza ukomoka mu gihugu cya Uganda Mugisha Bavuga Benon.

Amakipe ya Police VC ndetse na REG VC yakomeje ku mikino ya nyuma, azatangira gukina taliki ya 1 Mata 2026 aho nayo agomba gutanguranwa imikino 5 (Best Of Five) hakamenyekana uweguka igikombe cya shampiyona uyu mwaka wa 2026.

Kepler wvc na POLICE wvc ntabwo birasobanuka
Mu cyiciro cy’abagore usibye ikipe ya APR WVC yo yamaze kugera ku mukino wa nyuma isezereye ikipe ya Rwanda Revenue (RRA) nyuma yo kuyitsinda imikino 3-0, kuruhande rwa Police na Kepler ho ruracyageretse aho ubu ikipe ya Police wvc iri imbere n’imikino 2 kuri 1 aho umukino wabo wabo wa kane utegerejwe kuri uyu wa gatatu taliki ya 25 Werurwe 2026.

APR WVC niyo kipe yonyine imaze kugera ku mukino wa nyuma mu cyiciro cy’abagore

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa