Maurizio Sarri yanenzwe bikomeye kubera ibyo yatangaje nyuma yo gutsindwa na AFC Bournemouth
Yanditswe: Thursday 31, Jan 2019
Umutoza wa Chelsea,Maurizio Sarri yatunguye benshi kubera amagambo yatangaje ko abona nta bushobozi afite bwo gutera akanyabugabo abakinnyi be nyuma yo gutsindwa na AFC Bournemouth ibitego 4-0 muri Premier League.
Uyu mutoza w’Umutaliyani uri gutsindwa umusubirizo,yabwiye abanyamakuru mu ijoro ryakeye ko gutsindwa kwa Chelsea ari amakosa ye ndetse abona nta bushobozi bwo gutera akanyabugabo abakinnyi be afite.
Yagize ati “Ubanza ari amakosa yanjye.Ntabwo nshoboye gutera akanyabugabo abakinnyi banjye.Icyo nakora ni ugusaba imbabazi abafana bacu.Dushobora gutsindwa nibyo ariko kunyagirwa bene aka kageni birababaje.”
Abafana ba Chelsea bavugirije induru abakinnyi n’abatoza bababwira ko batazi ibyo bakora ndetse benshi bahise bajya gutura umujinya wabo Twitter n’izindi mbuga nkoranyambaga banenga aya magambo ya Sarri.
Chelsea FC yandagajwe bikomeye na AFC Bournemouth
Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *