skol

Mayweather yahaye isomo ry’iteramakofe Mcgregor (Amafoto)

Yanditswe: Sunday 27, Aug 2017

Mu gitondo cyo kuri iki cyumweru taliki ya 27 Kanama 2017 nibwo mu mugi wa Las vegas muri Leta ya Nevada ho muri Leta Zunze ubumwe z’Amerika hari hategerejwe umukino w’ishyiraniro hagati y’ibihangange 2 Floyd Mayweather umunyamerika w’imyaka 41 n’umunya Irlande Conor Mcgreggor w’imyaka 29 umukino warangiye uyu munyamerika atsindiye ku gace ka 10 mu duce 12 twari duteganyijwe gukinwa. Conor Mcgregor wari wahinduye umukino ubwo yavaga mu mirwano ya UFC akerekeza mu iteramakofe ntiyahiriwe ni (…)

Mu gitondo cyo kuri iki cyumweru taliki ya 27 Kanama 2017 nibwo mu mugi wa Las vegas muri Leta ya Nevada ho muri Leta Zunze ubumwe z’Amerika hari hategerejwe umukino w’ishyiraniro hagati y’ibihangange 2 Floyd Mayweather umunyamerika w’imyaka 41 n’umunya Irlande Conor Mcgreggor w’imyaka 29 umukino warangiye uyu munyamerika atsindiye ku gace ka 10 mu duce 12 twari duteganyijwe gukinwa.

Conor Mcgregor wari wahinduye umukino ubwo yavaga mu mirwano ya UFC akerekeza mu iteramakofe ntiyahiriwe ni umukino we wa mbere kuko yakubiswe bikomeye n’iki gihangange Mayweather cyiyise Mafaranga kubera akayabo k’amadolari gitunze.

Uyu mukino warebwe n’ibyamamare bitandukanye nka Lebron James,Mike Tyson n’abandi batandukanye aho batabihiwe n’amakofe y’uyu munyamerika cyane ko byasabye umusifuzi w’uyu mukino Robert Byrd kwemeza ko Mayweather atsinze vuba na bwangu mu rwego rwo kurengera Mcgregor wari umerewe nabi.

Nyuma y’uyu mukino Mayweather yahise atangaza ku mugaragaro ko noneho atazongera kugaruka muri ring cyane ko yagiye avuga kenshi ko asezeye bikarangira agarutse gusa ibyo kugaruka bikomeje gutuma arushaho kwandika izina dore ko uyu wari umurwano wa 50 akinnye adatsindwa aho yabashije gutsinda Knockout ya 27.

Amafoto yaranze uyu mukino

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa