skol
fortebet

Messi yanze gusuhuza Pochettino ndetse amureba nabi ubwo yari amusimbuje

Yanditswe: Monday 20, Sep 2021

featured-image

Sponsored Ad

Rutahizamu Lionel Messi yarakaye nyuma yo gusimbuzwa mu mukino ikipe ya Paris Saint-Germain yatsinze bigoranye Lyon ibitego 2-1 - ndetse yanga gusuhuza umutoza we Mauricio Pochettino.
PSG yatangiranye na Messi, Neymar na Kylian Mbappe ku busatirizi bwa mbere muri shampiyona ariko aba bakinnyi batatu bakomeye ku isi bananiwe kwigaragaza.
Ibi byatumye umutoza Mauricio Pochettino akora impinduka akuramo kizigenza Lionel Messi ku munota wa 75 amusimbuza Achraf Hakimi.
Ibi byarakaje cyane (...)

Sponsored Ad

Rutahizamu Lionel Messi yarakaye nyuma yo gusimbuzwa mu mukino ikipe ya Paris Saint-Germain yatsinze bigoranye Lyon ibitego 2-1 - ndetse yanga gusuhuza umutoza we Mauricio Pochettino.

PSG yatangiranye na Messi, Neymar na Kylian Mbappe ku busatirizi bwa mbere muri shampiyona ariko aba bakinnyi batatu bakomeye ku isi bananiwe kwigaragaza.

Ibi byatumye umutoza Mauricio Pochettino akora impinduka akuramo kizigenza Lionel Messi ku munota wa 75 amusimbuza Achraf Hakimi.

Ibi byarakaje cyane Messi ndetse yanga gusuhuza umutoza we ari nako amureba nabi mu buryo bwavugishije benshi.

Uyu munya Argentine ari kugorwa cyane no kwisanga mu ikipe ya PSG kuva yayerekezamo avuye muri Barcelona yari amazemo imyaka isaga 20.

Ibintu ntabwo biri kugenda neza mu kibuga nyuma y’aho PSG itangiye gukoresha imbere aba bakinnyi batatu kuko batabona ibitego ndetse no guhuza umukino byanze.

Messi nta gitego arabona mu mikino itatu amaze gukinira PSG aho yananiwe kuyifasha gutsinda Club Brugge hagati mu cyumweru muri Champions League, nubwo afatanije na Neymar na Mbappe mu busatirizi.

Mauro Icardi niwe waraye atabaye PSG itsinda Lyon ibitego 2-1 yunganira Neymar Jr wari watsinze igitego cya mbere kuri penaliti itavuzweho rumwe mu gihe Lyon ariyo yari yabanje gutsinda igitego cya Lucas Paqueta.



Ntabwo ibintu biri kugenda neza kuri Messi

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa