Umutoza Mikel Arteta yahishuye ko rutahizamu we Gabriel Martinelli yamusabye kuzica amande nyuma yo guhusha Penaliti yatumye Arsenal isezererwa na Sporting Lisbon kuri Penaliti mu mukino wa Europa League wabaye kuwa Kane w’icyumweru gushize.
Uyu munya Brazil yahushije penaliti yasezereye Arsenal muri 1/16 cya Europa League ndetse ubu iyi kipe yo mu Bwonegereza icungiye kuri shampiyona gusa muri uyu mwaka w’imikino.
Martinelli wasabye umutoza we kuzica amande,yafunguye amazamu mu mukino (…)
Umutoza Mikel Arteta yahishuye ko rutahizamu we Gabriel Martinelli yamusabye kuzica amande nyuma yo guhusha Penaliti yatumye Arsenal isezererwa na Sporting Lisbon kuri Penaliti mu mukino wa Europa League wabaye kuwa Kane w’icyumweru gushize.
Uyu munya Brazil yahushije penaliti yasezereye Arsenal muri 1/16 cya Europa League ndetse ubu iyi kipe yo mu Bwonegereza icungiye kuri shampiyona gusa muri uyu mwaka w’imikino.
Martinelli wasabye umutoza we kuzica amande,yafunguye amazamu mu mukino Arsenal ytainzemo Crystal Palace ibitego 4-1 muri Premier League kuri iki cyumweru.
Nyuma y’umukino,umutoza Arteta yemeje ko Martinelli yamusabye gukina uyu mukino kugira ngo yiyunge n’abafana.
Yabwiye BBC Sport ati: "Namubajije ejo uko ameze arambwira ati "ndashaka kuba mu ikipe."
Granit Xhaka na Bukayo Saka watsinze ibitego bibiir nibo bunganiye Martinelli bafasha Arsenal gutsinda Palace ibitego 4-1.
Arteta yavuze ko yishimiye ibyo abakinnyi be bakoze kuko ngo birengagije agahinda batewe n’umukino wo kuwa Kane.
Ati "Icyizere n’imbaraga twashize mu mukino kuva utangiye byaranshimishije cyane.Twaje twiyemeje ndetse dufite ubushake dusiga ibyabaye kuwa Kane inyuma.
Palace imaze iminsi idatsinda ariko ni ikipe igoye gutsinda.Twayiruhije ndetse twari dukwiye gutsinda umukino."
Iyi ntsinzi yahise ituma Arsenal irusha Manchester City amanota 8 nubwo iyi kipe bahanganye ifite umukino itarakina.
Arteta yavuze ko icyo yitayeho ari umukino wa Leeds uzakurikiraho nyuma y’imikino mpuzamahanga.
Ati "Tugomba guhagarara tukamenya ko buri mukinnyi yavuye mu mikino y’ibihugu afite imitekerereze imwe [gtsinda].
Umukino ukurikiyeho dufite Leeds,tugomba kuyibandaho."
Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *