skol
fortebet

Mikel Arteta yatunguwe n’umwanzuro udasanzwe abakinnyi be bafashe

author-image

Yanditswe na: Dusingizimana Remy
Kuwa: Tuesday 22, Aug 2023

Mikel Arteta yatunguwe n'umwanzuro udasanzwe abakinnyi be bafashe

Sponsored Ad

skol

Mikel Arteta avuga ko yatunguwe nk’undi muntu wese no kubona kapiteni wa Arsenal, Martin Odegaard ariwe uteye penaliti yatumye batsinda umukino na Crystal Palace wabagoye cyane.
Odegaard niwe wateye iyi penaliti yabonetse nyuma y’aho Eddie Nketiah agushijwe mu rubuga rw’amahina n’umunyezamu Sam Johnstone kandi uwahawe ubwo burenganzira n’umutoza ari Bukayo Saka.
Iyi penaliti yayinjije neza bituma Arsenal itsinda Crystal Palace igitego 1-0 mu mukino wabaye kuri uyu wa mbere nijoro. (…)

Mikel Arteta avuga ko yatunguwe nk’undi muntu wese no kubona kapiteni wa Arsenal, Martin Odegaard ariwe uteye penaliti yatumye batsinda umukino na Crystal Palace wabagoye cyane.

Odegaard niwe wateye iyi penaliti yabonetse nyuma y’aho Eddie Nketiah agushijwe mu rubuga rw’amahina n’umunyezamu Sam Johnstone kandi uwahawe ubwo burenganzira n’umutoza ari Bukayo Saka.

Iyi penaliti yayinjije neza bituma Arsenal itsinda Crystal Palace igitego 1-0 mu mukino wabaye kuri uyu wa mbere nijoro.

Bukayo Saka niwe wari nimero ya mbere mu gutera penaliti muri Arsenal, ariko aheruka guhusha imwe muri shampiyona iheruka bakina na West Ham byaviriyemo iyi kipe kubura igikombe cya shampiyona.

Arteta avuga ko atari azi uri butere penaliti mu ijoro ryakeye,ashimangira ko yarekeye abakinnyi uburenganzira bwo gufata ibyemezo nk’ibyo mu kibuga.

Abajijwe niba ubu Odegaard ari we ugiye kuba uwa mbere mu gutera penaliti za Arsenal,Arteta yabwiye abanyamakuru ati: "Ntabyo nzi, n’ubuyobozi bw’abakinnyi, kandi niba bumva ko aricyo kintu cyiza cyo gukora, kuri njye ntacyo bintwaye.

“Bagomba gufata ibyemezo mu kibuga. Natunguwe nk’abandi bose, ariko yatsinze igitego n’icyo kintu cy’ingenzi kandi twatsinze umukino. ”

Arsenal yatsinze umukino wayo wa kabiri wa shampiyona bigoranye nyuma y’uko yakinnye iminota isaga 30 ari abakinnyi 10 nyuma y’uko Tomiyasu ahawe amakarita y’imihondo 2 yavuyemo umutuku.

Arsenal yakinnye yugarira cyane birangira yegukanye amanota 3 yashimishije abakunzi bayo.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Muri bande?



Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa