Mikel Arteta yavuze amagambo akomeye ku bakinnyi be nyuma yo gutsindwa na Man City
Yanditswe: Thursday 16, Feb 2023
Umutoza wa Arsenal,Mikel Arteta,yemeje ko abakinnyi be aribo bihereye Manchester City ibitego 3-1 yabatsinze mu ijoro ryo kuwa Gaatu,tariki ya 15 Gashyantare 2022.
Ikipe ya Arsenal yagize ijoro ribi nyuma y’aho Tomiyasu yihereye umupira Kevin de Bruyne agatsinda igitego arobye umunyezamu mu gice cya mbere hanyuma Jack Grealish na Erling Haaland bagashyiramo ibindi bitego.
Arsenal yari hasi mu bwugarizi yakinnye neza kurusha City ariko ntiyabasha kwinjiza ibitego mu izamu ryayo.
Nyuma (…)
Umutoza wa Arsenal,Mikel Arteta,yemeje ko abakinnyi be aribo bihereye Manchester City ibitego 3-1 yabatsinze mu ijoro ryo kuwa Gaatu,tariki ya 15 Gashyantare 2022.
Ikipe ya Arsenal yagize ijoro ribi nyuma y’aho Tomiyasu yihereye umupira Kevin de Bruyne agatsinda igitego arobye umunyezamu mu gice cya mbere hanyuma Jack Grealish na Erling Haaland bagashyiramo ibindi bitego.
Arsenal yari hasi mu bwugarizi yakinnye neza kurusha City ariko ntiyabasha kwinjiza ibitego mu izamu ryayo.
Nyuma y’umukino,umutoza Arteta yavuze ko bidashoboka ku rwego ikipe yariho gukora amakosa nkayo yakoze muri uyu mukino wa City.
Ati "Kubatsinda byadusabaga kurenga urwego rwacu kuko ni ikipe nziza ifite abakinnyi beza,twahanganye nabo ariko imikino ikomeye isobanurwa no kugera imbere y’izamu kandi bari beza kuturusha.
Igice cya kabiri twagize igihe tuva mu mukino,dukina twihuta nta mahirwe bidushyira mu kaga.
Uburyo twabahayemo ibitego kuri uru rwego ntabwo bishoboka.Ntabwo ugomba gukina kuriya,ukwiriye gukina umukino utandukanye kandi ntabyo twakoze.
Abajijwe niba yizeye gutwara igikombe nyuma yo gutsindwa uriya mukino ndetse Man City ikamukura ku mwanya wa mbere,Arteta yagize ati "Mfite icyizere gihagije kubera ko nabonye ko ikipe yahanganye nabo.Ugomba gutegura umukino ukurikiraho kandi rugomba kuba beza.Mfitiye icyizere abakinnyi banjye."
Arsenal iracyafite umukino itarakina nubwo inganya amanota 51 na Man City gusa urwego rw’abakinnyi bayo rukomeje kumanuka cyane nyuma yo gutsinda umukino wa Man United.
Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *