skol

Mikel Arteta yavuze kumvune ya Kapiteni Martin Odegaard

Yanditswe: Thursday 19, Sep 2024

featured-image

Umutoza wa Arsenal Mikel Arteta yavuze kuri kapiteni we uherutse kuvunikira mu ikipe y’Igihugu ya Norveje mu mikino ya UEFA Nations League, mbere y’uko bakina umukino wa mbere wa Champions League.

Martin Odigaard aherutse kugira imvune yo ku kirenge amagufa akavunika , ibyo bita (Ligament in the ankle) . Umutoza wa Arsenal Mikel Arteta yazeko atazi igihe cyanyacyo azagarukira gusa bagomba kumubura igihe gito.

Arteta yagize ati” Ntago natanga igihe cyanyacyo azagarukira, kuko ntago ndi umuganga , ni ibintu tutaramenya neza gusa tugomba kumuburaho igihe gito, ndatekereza nta kwezi kurimo , reka dutegereze.”

Ikipe ya Arsenal ifite umukino wa UEFA Champuions League kuri uyu wa kane tariki 19 Nzeri 2024, aho bagomba kwerekeza mu gihugu cy’Ubutaliya gukina na Antalanta.

Nyuma ya Champions League bazajya ku kibuga cya Man City , muri shampiyona y’Ubwongereza , aho iyi mikino yose ikomeye badafite kapiteni Odegaard.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa