Minnaert yatangaje ikizamufasha gutwara igikombe cya shampiyona y’uyu mwaka
Yanditswe: Sunday 03, Jun 2018
Umutoza Ivan Minnaert yatangaje ko Rayon Sports igifite amahirwe yo gutwara igikombe ndetse umukino wa APR FC ariwo uzakimuhesha naramuka yitwaye neza.
Nyuma yo kunganya na Police FC igitego 1-1,Ivan Minnaert yabwiye abanyamakuru ko igikombe cya shampiyona kitaramucika ndetse yiteguye gutsinda APR FC kugira ngo yongere amahirwe yo kucyegukana.
Rayon Sports yatakaje amahirwe yo kwegukana shampiyona
Minnaert yagize ati “Dutakaje amanota 2 ariko ntabwo turatakaza igikombe cya shampiyona. Umukino uzaduhuza na APR FC tariki ya 16 Kamena uyu mwaka ni wo uzagena umuntu uzatwara igikombe cya shampiyona."
Uyu mutoza ukomoka mu Bubiligi yavuze ko ahanze amaso umukino wa APR FC uzaba ku wa 16 Kamena uyu mwaka,aho yiteze kuzitwara neza akagaruka mu rugamba rwo guhatanira igikombe.
Rayon Sports iri ku mwanya wa 3 n’amanota 44 irushwa amanota 6 na APR FC ya mbere, ndetse niramuka itsinze umukino uzayihuza n’Amagaju ku wa kabiri w’icyumweru gitaha, izasigara irushwa amanota 3 na APR FC, yatsinda Musanze FC ku wa gatanu, ikanganya amanota na APR FC mbere y’uko aya makipe yombi acakirana mu cyumweru kizakurikiraho.

Ibitekerezo
Uyu mutoza aravuga gusa!