skol

Mourinho yatangaje impamvu gutoza ikipe imyaka 22 bitazongera gushoboka

Yanditswe: Sunday 29, Apr 2018

Umutoza Jose Mourinho yatangaje ko yifuza kumara imyaka myinshi atoza ikipe ya Manchester united kurusha iyo yamaze atoza andi makipe yanyuzemo,nubwo ngo atageza ku gahigo ka Wenger ko kugeza ku myaka 22 kubera igitutu cy’itangazamakuru.

Mourinho yatangarije abanyamakuru ku munsi w’ejo ko yiteguye kubahiriza amasezerano mashya yahawe yo gutoza Manchester United kugeza 2020,akaba ari ubwa mbere azaba atoje ikipe imyaka irenze 3 dore ko amakipe yose anyuzemo yahitaga asezera rugikubita ariko yemeza ko atamara imyaka 22 mu ikipe imwe nkuko Wenger yabigenje.

Mourinho yavuze ko nta mutoza uzakuraho agahigo ka Wenger

Mourinho yabwiye abanyamakuru ko muri iki gihe byagorana ko watinda mu ikipe imwe nkuko Wenger yabigenje,gusa yifuza gukomeza gutoza Manchester United akayihesha ibikombe.

Yagize ati “Nibyo ndifuza gukomeza gutoza ikipe ya Manchester United gusa muri iki gihe ntibyoroshye kumara imyaka 22 mu ikipe imwe kuko uburyo ibitangazamakuru bikuvuga,abakanyujijeho mu ikipe ndetse ninzobere mu mupira w’amaguru,bikugiraho ingaruka cyane nk’iyo utari kwitwara neza.

Ntabwo byoroshye kuguma mu ikipe nta bikombe uri gutwara. Muri iki gihe nta mwanya wabona wo kubaka ikipe imyaka 5 nta bikombe utwara.Buri mutoza wese aba ari ku gitutu ndetsebenshi bamwiteeho kwegukana ibikombe.”

Ikipe ya Manchester United irakira Arsenal mu mukino wa nyuma Wenger agiye guhura nayo ari umutoza wa Arsenal.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa