Muhire Kevin yahesheje Rayon Sports amanota agoranye muri shampiyona
Yanditswe: Saturday 17, Feb 2024
Bigoranye,ikipe ya Rayon Sports yakuye amanota atatu i Ngoma nyuma yo gutsinda igitego ku munota ubanziriza uwa nyuma w’umukino Etoile de l’Est,ibifashijwemo na Muhire Kevin wari wabanje hanze.
Umutoza Julien Mette yari yahinduye cyane ikipe aho yazanye mu kibug abakinnyi badasanzwe babanza mu kibuga nka Mugisha Francois,Mvuyekure Emmanuel na Paul Gomis,byatumye agorwa n’uyu mukino.
Nyuma y’aho umunyezamu Khadime Ndiaye akuyemo umupira ugoye mu minota ya nyuma wa Etoile de l’Est,Rayon Sports yahise izamuka,Kalisa Rashid yazamuye umupira awurenza ba myugariro,Muhire Kevin atsinda igitego ku munota wa 89.
Rayon Sports yari ku gitutu kuko iyo inganya uyu mukino yari kuba isigaye burundu mu gushaka igikombe kuko APR FC yari kubona amahirwe yo kuyisiga amanota 11.
Mu yindi mikino yabaye,Mukura VS nayo yakoze ibitangaza itsinda ibitego 2 mu minota ya nyuma cyane ko umupira wageze ku munota wa 88 w’umukino ari ibitego 2-2.
APR FC ubu irarusha Rayon Sports amanota 3 n’imikino 2 itarakina aho kuri ubu ifite 45 ndetse ifite umukino na Bugesera FC kuri iki cyumweru.
Uko imikino yagenze:
Etoile De L’Est 0-1 Rayon Sports
Sunrise FC 2-4 Mukura VS
Gasogi United 1-0 Gorilla FC
Musanze FC 1-1 Etincelles FC
Urutonde nyuma y’umunsi wa 21:
1. APR FC 45 Pts (-2)
2. Rayon Sports 42 Pts
Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *