Ikipe ya Mukura VS yo mu karere ka Huyemu majyepfo y’u Rwanda yamaze gusinyisha abatoza 3 bayobowe n’Umunya Argentina witwa Zapata Rodolfo Antonio wigeze gutoza ikipe ya AFC Leopards muri Kenya.
Kuri uyu wa Gatanu tariki ya 26 Werurwe 2020,nibwo Bwana Zapata yasinye aya masezerano y’imyaka 2 ari kumwe n’abamwungirije batatu bakomoka mu Rwanda.
Mu batoza bungirije Zapata harimo uw’abanyezamu witwa Ndungutse Theogene Uzwi nkaDjabir Costa ( Mukura Victory Sports),Mateso Jean De Dieu ( umutoza umwungirije).
Zapata Rodolfo w’imyaka 54 si ubwa mbere agiye gutoza muri Afurika y’Iburasirazuba kuko muri 2018 yatoje AFC Leopards yo muri Kenya n’ubwo atahatinze yahise yerekeza muri Township Rollers FC yo muri Botswana yanahesheje igikombe cya shampiyona cya 2018-2019.
Mateso Jean de Dieu umwungirije yatoje AS Kigali ari umutoza wungirije aza no kuyihesha igikombe cy’Amahiro cya 2019 atsinze Kiyovu Sports ibitego 2-1.
Mateso yirukanwe umwaka ushize wa 2020 nyuma y’aho ananiwe gukorana na Eric Nshimiyimana.Yatozaga Vision FC mu cyiciro cya 2.
Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *