skol

Musanze FC yasezereye abakinnyi batandatu

Yanditswe: Thursday 07, Aug 2025

featured-image

Musanze FC yasezereye abakinnyi batandatu barimo umunyezamu Ntaribi Steven na Nduwayo Valeur ukina hagati mu kibuga, mu rwego rwo kugabanya umubare w’abo izakoresha mu mwaka utaha w’imikino.

Musanze FC yasezereye abakinnyi batandatu barimo umunyezamu Ntaribi Steven na Nduwayo Valeur ukina hagati mu kibuga, mu rwego rwo kugabanya umubare w’abo izakoresha mu mwaka utaha w’imikino.

Iyi Kipe y’Akarere ka Musanze ni imwe mu makipe ataritwaye neza mu mwaka w’imikino uheruka, dore ko mu minsi ya nyuma yari mu makipe ahanganye no kutamanuka.

Nyuma yo kugira amahirwe ntijye mu Cyiciro cya kabiri, yihaye intego zo gukora impinduka muri uyu mwaka wa 2025/26 uri hafi gutangira, ikazawitwaramo neza.

Muri izo mpinduka harimo guhindura umutoza, aho yatandukanye na Habimana Sosthène iha akazi Ruremesha Emmanuel watozaga Muhazi United.

Mu kwezi kumwe uyu mutoza ahamaze yagaragaje ko kimwe mu bibazo iyi kipe ifite ari ukugira abakinnyi benshi, akaba ashaka abakinnyi 25 bavuye kuri 37 bayirimo.

Iki cyemezo cyatumye batandatu bari bagifite amasezerano basezererwa ku ikubitiro. Abo ni Ntaribi Steven, Nduwayo Valeur, Ndizeye Gad, Nshimiyimana Clement, Tinyimana Elissa na Uwiringiyimana Christophe.

Aba bakinnyi bose bahawe imperekeza y’amezi abiri y’umushahara, bigendanye n’uko amasezerano abiteganya.

Abakinnyi basezerewe bakurikira abandi barangije amasezerano ntibakomezanye n’iyi kipe nka Modou Jobe, Adeaga Johnson na Solomon Adeyinka.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa