skol

Mushiki wa Cristiano Ronaldo yanenze igikombe cy’isi cyo muri Qatar

Yanditswe: Wednesday 21, Dec 2022

featured-image

Mushiki wa Cristiano Ronaldo yavuze ko igikombe cy’isi cya Qatar 2022 aricyo kibi kurusha ibindi byose byabayeho mu mupira w’amaguru.
Ibi yabivuze nyuma y’aho musaza we w’imyaka 37 yacyerekejemo amaze gutandukana na Manchester United ndetse ageze muri Portugal biranga yicazwa ku ntebe.
Uyu rutahizamu yimwe umwanya n’umutoza Fernando Santos muri 1/16, asimburwa na Goncalo Ramos watsinze ibitego 3 mu mukino batsinzemo Ubusuwisi.
Portugal yasezerewe muri 1/4 na Maroc ku gitego 1-0 bituma (…)

Mushiki wa Cristiano Ronaldo yavuze ko igikombe cy’isi cya Qatar 2022 aricyo kibi kurusha ibindi byose byabayeho mu mupira w’amaguru.

Ibi yabivuze nyuma y’aho musaza we w’imyaka 37 yacyerekejemo amaze gutandukana na Manchester United ndetse ageze muri Portugal biranga yicazwa ku ntebe.

Uyu rutahizamu yimwe umwanya n’umutoza Fernando Santos muri 1/16, asimburwa na Goncalo Ramos watsinze ibitego 3 mu mukino batsinzemo Ubusuwisi.

Portugal yasezerewe muri 1/4 na Maroc ku gitego 1-0 bituma Ronaldo asohoka mu kibuga ari kurira.

Nyuma yo ku cyumweru,mushiki we Katia w’imyaka 45 yashimye Argentina ariko anenga irushanwa ryose muri rusange.

Yanditse ku mbuga nkoranyambaga ati :Igikombe cy’isi kibi cyane kurusha ibindi.... ariko cyaduhaye umukino wa nyuma mwiza.

Mbega umukino.Mwishyuke Argentina."

Aho gushima Lionel Messi,uyu mugore yagize ati "Kylian Mbappe.Uyu musore ntasanzwe.Mbega ahazaza heza hagutegereje.Biratangaje."

Uyu mugore yari yifuje ko Ronaldo ahita ataha mu rugo nyuma yo kutabanza mu kibuga bahura n’Ubusuwisi.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa