skol
fortebet

Myugariro Hakimi ari mu mazi abira ashinjwa gushaka gusambanya umugore

author-image

Yanditswe na: Dusingizimana Remy
Kuwa: Tuesday 28, Feb 2023

Myugariro Hakimi ari mu mazi abira ashinjwa gushaka gusambanya umugore

Sponsored Ad

skol

Myugariro wa Paris Saint-Germain,Achraf Hakimi yashinjwe gufata ku ngufu umugore w’abandi nyuma yo kumutumira iwe bitewe nuko uwo bashakanye n’abana be bari bagiye mu biruhuko.
Abagenzacyaha b’Abafaransa barimo gukora iperereza kuri kizigenza Achraf Hakimi wavukiye muri Morroco, nyuma yo gushinjwa gusambanya uyu mugore aho bivugwa ko yabikoze ku ya 25 Gashyantare.
Mu mpera z’iki cyumweru,nibwo uyu mugore w’imyaka 23 yabwiye polisi ko yafashwe ku ngufu n’umukinnyi wa PSG ariko adashaka (…)

Myugariro wa Paris Saint-Germain,Achraf Hakimi yashinjwe gufata ku ngufu umugore w’abandi nyuma yo kumutumira iwe bitewe nuko uwo bashakanye n’abana be bari bagiye mu biruhuko.

Abagenzacyaha b’Abafaransa barimo gukora iperereza kuri kizigenza Achraf Hakimi wavukiye muri Morroco, nyuma yo gushinjwa gusambanya uyu mugore aho bivugwa ko yabikoze ku ya 25 Gashyantare.

Mu mpera z’iki cyumweru,nibwo uyu mugore w’imyaka 23 yabwiye polisi ko yafashwe ku ngufu n’umukinnyi wa PSG ariko adashaka gutanga ikirego.

Yabwiye abapolisi ko ashaka gusa "kuvuga ko yafashwe ku ngufu", ariko ubu abagenzacyaha bari gukurikirana iki cyaha.

Batangiye iperereza kubera uburemere bw’iki kirego no kumenya ubugome bwa Hakimi.

Nk’uko Le Parisien ibitangaza, ngo uyu myugariro w’imyaka 24 yatangiye kuvugana n’uyu mugore ku ya 16 Mutarama kuri Instagram.

Ku wa gatandatu, ngo yamutumiye iwe i Boulogne, bivugwa ko yamutegeye imodoka ya Uber yo kumutwara.

Umugore wa Hakimi - umukinnyi wa filime Hiba Abouk - kuri ubu ari mu biruhuko i Dubai hamwe n’abahungu babo babiri bato.

Umushinja avuga ko nyuma yo kugera iwe,uyu mukinnyi yatangiye kumusoma ku munwa anazamura imyenda ye.

Yavuze ko yasomye amabere ye nubwo yabyangaga, mbere yo gushaka kumusambanya batigeze babyumvikanaho.

Uyu mugore yabwiye polisi ko amaherezo yashoboye kwigobotora Hakimi nyuma yo kumukubita umugeri,hanyuma yoherereza ubutumwa inshuti ye ngo aze amutware.

Uyu mukinnyi ntarasubiza kuri ibi birego.

Uyu munya Maroc yahuye n’umugore we Hiba mu 2018 ubwo yari i Dortmund, bakundana yimukiye i Madrid.

Uyu mugore umurusha imyaka cumi n’ibiri, yamenyekanye muri filime yo muri Espagne El Principe, kandi kimwe na Hakimi ni Umuyisilamu.

Aba bombi basangiye amateka kuko bavukiye i Madrid ku babyeyi bimutse bava muri Tuniziya.

Bakoze ubukwe mu ibanga mu 2020 mbere yo kwakira umuhungu wabo wa mbere, mu gihe umwana wabo wa kabiri yavutse mu 2022.

Hakimi arashinjwa gushaka gusambanya umugore

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Muri bande?



Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa