Myugariro Virgil Van Dijk yaciwe ihazabu ingana n’amapound 100.000 ndetse n’igihano cyo kumara undi mukino umwe adakina kubera gutuka umusifuzi wari umaze kumuha ikarita itukura.
Uyu Myugariro yahawe ikarita itukura mu munota wa 29,ikipe ye ya Liverpool yatsinzemo Newcastle ibitego 2-1,kuwa 27 Kanama uyu mwaka.
Van Dijk w’imyaka 32 yahawe iyi karita itukura nyuma yo gukorera ikosa kuri Alexander Isak amubuza amahirwe yo gutsinda igitego inyuma gato y’urubuga rw’amahina.
Icyakora, kapiteni wa Reds yararakaye kubera iki cyemezo maze atuka umusifuzi wa mbere w’umukino, John Brooks hamwe n’uwa kane Craig Pawson.
Van Dijk yabuze mu mukino ikipe ya Liverpool iheruka gutsindamo Aston Villa ibitego 3-0 - mbere y’imikino mpuzamahanga.
Ariko ubu azabura kandi ku mukino wa Liverpool na Wolves ku ya 16 Nzeri, aho Liverpool iri ku mwanya wa gatatu muri shampiyona nyuma yo kubona amanota icumi kuri 12 ashoboka.
Itangazo rya FA ryemeje ko Van Dijk yahamwe n’icyaha cy’imyitwarire idakwiye, bituma yahawe undi mukino w’inyongera kuwo yagombaga gusiba hamwe n’ihazabu y’amapawundi 100.000.
Rigira riti: "Myugariro yemeye ko yitwaye mu buryo budakwiye kandi ko yakoresheje amagambo atukana ku musifuzi mukuru w’umukino nyuma yo guhabwa ikarita itukura ku munota wa 29."
Uyu myugariro nawe yasabye imbabazi ko yakoresheje amagambo mabi ndetse ko yasabye imbabazi umusifuzi nyuma y’umukino.
Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *