Neymar Jr wifuzwaga na FC Barcelona yahawe akayabo na PSG yongera amasezerano
Yanditswe: Saturday 08, May 2021
Umunya Brazil ukinira ikipe ya PSG,Neymar Jr,yamaze kongera amasezerano nkuko ibinyamakuru byo mu Bufaransa byabyemeje aho buri mwaka azajya ahabwa miliyoni 26 z’amapawundi [30 z’amayero] nk’umushahara gusa hakwiyongeraho uduhimbazamusyi akabona akayabo kenshi cyane.
Neymar w’imyaka 28 uri mu bakinnyi bazi umupira ku buryo bugaragarira buri wese,yamaze kongera amasezerano y’imyaka 3 nkuko L’Equipe ibitangaza.
L’Equipe izwi nk’ikinyamakuru cya mbere mu Bufaransa kivugisha ukuri ku bijyanye n’imikino cyavuze ko kuri uyu wa Gatandatu bishyirwa hanze ko Neymar Jr yasinye amasezerano mashya ndetse ko na Kylian Mbappe ibiganiro bigeze kure.
Ney yagombaga kurangiza amasezerano muri 2022 ariko PSG ntiyifuje kurekure kizigenza wayo ariyo mpamvu yamwongereye amasezerano masha azarangira afite imyaka 31.
Uyu mukinnyi yageze muri PSG muri 2017 aguzwe akayabo ka miliyoni 222 z’amayero muri FC Barcelona ahita aca agahigo ko kuba umukinnyi uhenze cyane ku isi.
Muri 2019,Neymar Jr yashatse gusubira muri Barcelona ariko iyi kipe ntiyabona amafaranga PSG yayisabaga.
Neymar yafashije PSG kugera ku mukino wa Champions League umwaka ushize batsindwa na Bayern Munich igitego 1-0 gusa uyu mwaka bageze muri ½ basezererwa na Manchester City.
Biravugwa ko mu masezerano mashya harimo ingingo yo kumwongerera agahimbazamusyi gahanitse nafasha PSG gutwara Champions League.
Neymar ntarabasha gushimangira ubukaka bwe muri Champions League kuva yagera muri PSG kuko amaze gusiba imikino 5 yo gukuranamo kubera imvune.Igituma atitwara neza harimo kudahozaho ndetse no kwiharira cyane umupira ntibifashe ikipe.
PSG ubu igiye kubizwa icyuya no kongerera amasezerano Kylian Mbappe nawe ugiye kujya mu mwaka we wa nyuma ndetse amakuru avuga ko yifuzwa cyane na Real Madrid iherutse gusezererwa na Chelsea.
Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *