skol
fortebet

Neymar yahuye n’uruva gusenya mu gikombe cy’isi bituma ahita asezera mu ikipe y’igihugu

author-image

Yanditswe na: Emmy
Kuwa: Monday 06, Jul 2026

Neymar yahuye n'uruva gusenya mu gikombe cy'isi bituma ahita asezera mu ikipe y'igihugu

Sponsored Ad

skol

Ikipe y’Igihugu ya Brésil yasezerewe mu Gikombe cy’Isi cya 2026 itarenze 1/8, nyuma yo gutsindwa na Norvège ibitego 2-1 kuri iki Cyumweru, tariki ya 5 Nyakanga.

Ni umukino Brésil yihariye kuva utangiye kugeza urangiye, ariko inanirwa kubyaza umusaruro uburyo yabonye, ahubwo Norvège iyikosora mu gice cya kabiri.

Brésil yananiwe gufungura amazamu hakiri kare, Umunyezamu wa Norvège, Ørjan Nyland, akuramo penaiti yatewe na Bruno Guimarães ku munota wa 14.

Hari nyuma y’ikosa myugariro Kristoffer Ajer yakoreye kuri Matheus Cunha mu rubuga rw’amahina.

Guimarães yabaye umukinnyi wa mbere wa Brésil uhushije penaliti yo hagati mu mukino w’Igikombe cy’Isi, kuva bikozwe na Zico ubwo bakinaga n’u Bufaransa mu 1986.

Mbere y’uko igice cya mbere kirangira, Erling Haaland yinjiranye umupira azibirwa na Gabriel na Marqinhos, Martin Ødegaard ahageze atera ishoti rikomeye ryafashwe na Alisson Becker.

Igice cya kabiri cyatangiranye impinduka ku ruhande rwa Norvège, Oscar Bobb na Andreas Schjelderup basimbura Alexander Sorloth na Antonio Nusa.

Umutoza wa Brésil, Carlo Ancelotti, yakoze impinduka ya mbere ku munota wa 58, Matheus Cunha asimburwa na rutahizamu Endrick wafashije igihugu cye gusatira birushijeho ndetse ahusha uburyo bwiza ku mupira yacomekewe na Vinícius Júnior akawutera ku ruhande.

Ku rundi ruhande, Kristoffer Ajer na Andreas Schjelderup baremye uburyo butandukanye ku ruhande rwa Norvège, ariko Haaland ntabashe kububyaza umusaruro.

Mbere y’uko hafatwa akaruhuko ko kunywa amazi, Neymar yasimbuye Rayan naho Gabriel Martinelli asimburwa na Danilo Santos ku ruhande rwa Brésil.

Byasabye gutegereza umunota wa 79, Norvège ifungura amazamu ku gitego cyatsinzwe na Erling Haaland n’umutwe nyuma yo gusumba Gabriel, ku mupira wari uhinduwe na Andreas Schjelderup.

Ku munota wa 90, Erling Haaland yatsindiye Norvège igitego cya kabiri na bwo nyuma yo guhabwa umupira na Andreas Schjelderup, aritonda atera ishoti rikomeye Alisson Becker atabashije guhagarika.

Mbere gato y’uko iminota irindwi y’inyongera irangira, Brésil yahawe penaliti ku ikosa ryakorewe kuri Casemiro wakubiswe inkokora mu rubuga rw’amahina, yinjizwa neza na Neymar.

Brésil yasezerewe mu Gikombe cy’Isi itarenze muri 1/8, ibyaherukaga kuyibaho mu 1990.

Ibitego bibiri Erling Haaland yatsinze muri uyu mukino byatumye anganya ibitego birindwi na Kylian Mbappé na Lionel Messi mu bamaze kwinjiza byinshi mu irushanwa ry’uyu mwaka.

Muri ¼, Norvège ikigezemo bwa mbere izahura n’u Bwongereza bwatsinze Mexique ibitego 3-2. Umukino uzaba ku wa Gatandatu, tariki ya 11 Nyakanga.

Neymar yasezeye mu Ikipe y’Igihugu ya Brésil

Neymar Jr yatangaje ko asezeye burundu gukinira Ikipe y’Igihugu ya Brésil nyuma y’uko isezerewe muri 1/8 cy’Igikombe cy’Isi.

Nyuma y’uyu mukino, yagize ati "Naragerageje. Byatangiriye hano kuri Stade ya MetLife, kandi ni na ho mbisoreje. Ubu byose birarangiye."

Neymar w’imyaka 34, yatangiye gukinira Ikipe y’Igihugu Nkuru ya Brésil ku wa 10 Kanama 2010. Yasezeye ayikiniye imikino 128, atsinda ibitego 80.

Yakinnye ibikombe by’Isi bine, afasha Brésil kwegukana igikombe cya FIFA Confederations Cup mu 2013 ndetse n’umudali wa Zahabu mu Mikino Olempike ya 2016 yabereye muri Brésil.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Muri bande?



Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa