skol

Neymar yongeye gushotora Edinson Cavani bigeze gushwana bapfa penaliti

Yanditswe: Sunday 08, Jul 2018

Rutahizamu Neymar Jr w’ikipe ya PSG yabwiye ubuyobozi bw’iyi kipe ko atifuza kongera gukinana na Edinson Cavani bashwanye muri Nzeri umwaka ushize bapfuye penaliti,ko ahubwo bazana mugenzi we bakomoka mu gihugu kimwe Luis Suarez.

Neymar wakomeje kwerekana ko adashaka gukomeza kuba mu ikipe ya PSG,yakoze igikorwa gisa nko kwiyenza ku buyobozi bw’iyi kipe aho yabusabye ko bwakwirukana Edinson Cavani ukomoka muri Uruguay bakazana Luis Suarez bakomoka mu gihugu kimwe banakinannye muri FC Barcelona nkuko byatangajwe n’ikinyamakuru Sport.

Sport yatangaje ko Neymar yasabye PSG kwirukana Cavani ikazana Suarez

Neymar wakoranye na Suarez igihe kinini bafatanyije na Messi,yabwiye abayobozi ba PSG uhereye kuri perezida Nasser El Khelaifi ko atacyifuza gukinana na Cavani washwanye nawe bapfa penaliti ndetse bagomba kumwirukana byanze bikunze cyangwa we agasohoka.

Neymar uherutse gusezererwa mu gikombe cy’isi we na bagenzi be bakinana muri Brazil,yatuye umujinya Cavani kandi ariwe umaze gutsindira PSG ibitego byinshi mu mateka.

Cavani yashwanye na Neymar bapfa penaliti

Neymar niwe watowe nk’umukinnyi w’umwaka muri shampiyona y’abafaransa League 1,gusa nta cyizere cyo gukomeza gukinira PSG gihari kuko yifuzwa na Real Madrid kugira ngo asimbure Cristiano Ronaldo ugiye kwerekeza mu ikipe ya Juventus.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa