skol

Nshuti Innocent yabonye ikipe nshya muri Tunisia

Yanditswe: Friday 25, Jul 2025

featured-image

Rutahizamu w’Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda, Nshuti Innocent, yatandukanye na Sabail FK yo muri Azerbaijan yerekeza muri Espérance Sportive de Zarzis yo muri Tunisia.

Kuri uyu wa Gatanu, tariki ya 25 Nyakanga 2025, ni bwo Espérance Sportive de Zarzis yahaye ikaze Nshuti Innocent, umwe mu bakinnyi yifuza kuzagenderaho mu mwaka utaha w’imikino wa 2025/26.

Muri Mutarama 2025, ni bwo Nshuti Innocent wari uvuye muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika muri One Knoxville yo mu Cyiciro cya Gatatu, yerekeje i Burayi.

Aha yari agiye gukinira Sabail FK ikina muri Shampiyona y’Icyiciro cya Mbere muri Azerbaijan, gusa ntiyahagiriye ibihe byiza kuko atabonye umwanya uhagije wo gukina.

Nyuma yo gutandukana n’iyi kipe, yamaze gutangazwa nk’umukinnyi mushya wa Espérance Sportive de Zarzis yo mu Cyiciro cya Mbere muri Tunisia, aho yashyize umukono ku masezerano y’imyaka ibiri.

Nshuti w’imyaka 27 yaherukaga muri Tunisia mu mwaka w’imikino wa 2018/2019, aho yakiniraga Stade Tunisien ikinamo mugenzi we w’Umunyarwanda Mugisha Bonheur babanye muri APR FC.

Muri iki gihugu kandi, asanzeyo undi Munyarwanda babanye mu Ikipe y’Ingabo z’u Rwanda, Ishimwe Anicet, ukinira Olympique de Béja.

Mu mwaka ushize w’imikino, Espérance Sportive de Zarzis yasoreje ku mwanya wa gatanu n’amanota 54.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa