skol

Ole yashyigikiye abakinnyi be bagaragaje ko bashyigikiye Palestine mu ntambara na Israel

Yanditswe: Wednesday 19, May 2021

Umutoza wa Manchester United,Ole Gunner Solskjaer, yashyigikiye abakinnyi be bagaragaye bafite ibendera rya Palestine nyuma y’umukino iyi kipe yaraye inganyijemo na Fulham igitego 1-1.

Imirwano hagati ya Israel na Gaza irakomeje, ariko irimo no kugarukwaho mu mupira w’amaguru ku rwego mpuzamahanga.

Umutoza wa Manchester United Ole Gunnar Solskjaer yashyigikiye babiri mu bakinnyi be bagaragaye bafashe ibendera rya Palestine mu mukino wo ku wa kabiri nimugoroba.

Avuga ko iyi kipe yubaha "uburenganzira bwabo bwo kugira igitekerezo gitandukanye".

Paul Pogba na Amad Diallo bagaragaye nk’abahawe iryo bendera n’umufana, mu gihe ikipe yakoraga umutambagiro ujyanye n’umukino wa nyuma w’iyi kipe ku kibuga cyayo Old Trafford muri uyu mwaka w’imikino.

Umutoza Ole yagize ati: "Dufite abakinnyi bakomoka ahantu hatandukanye, mu mico itandukanye, mu bihugu bitandukanye kandi dukwiye kubaha ibitekerezo byabo niba bitandukanye n’iby’undi muntu.

Niba abakinnyi banjye batekereza ku bindi bintu bitari umupira w’amaguru, icyo ni ikintu cyiza".

United yari yagaruye abafana 10,000 kuri Old Trafford ndetse umukino urangiye aba bakinnyi bazengurutse bafashe iri bendera bakomera amashyi abafana.

Muri uyu mukino United yatsindiwe igitego cyiza cyane na Edinson Cavani warobeye umunyezamu wa Fulham ari kure muri metero 40 mu kibuga hanyuma cyishyurwa na Bryan.

Iyi ntambara ya Israel na Gaza imaze iminsi mike itangiye ariko Israel iracyatangaza ko irakomeza guhangana na Hamas iri muri Gaza.

Abantu batari munsi ya 215, barimo hafi abagore 100 n’abana, bamaze kwicwa na Israel muri Gaza kugeza ubu, nkuko minisiteri y’ubuzima ya Gaza ibivuga.

Muri Israel, abantu 12, barimo abana babiri, barishwe, nkuko urwego rw’ubuvuzi rubivuga.

Ku wa kabiri, Israel yavuze ko intagondwa zitari munsi ya 150 ziri mu biciwe muri Gaza. Hamas ntabwo itanga umubare w’abarwanyi bayo bapfuye.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa