skol

Paul Pogba yatangaje bimwe mu bihano yafatiwe kubera kuvuga kuri Mourinho

Yanditswe: Wednesday 03, Oct 2018

Umufaransa Paul Pogba yaraye atangaje ko ubuyobozi bwa Manchester United bwamubujije kuvugisha itangazamakuru nyuma yo gutangaza ko bagakwiriye gusatira cyane igihe bakinira ku kibuga cyabo Old traffold aho kugarira nkuko babikoze ubwo banganyaga na Wolves muri shampiyona.

Nyuma y’umukino wahuje Manchester United na Velencia muri UEFA Champions League bakanganya 0-0, itangazamakuru ryashatse kwegera Pogba ngo rimubaze ikitagenda muri iyi kipe,aribwira ko yabujijwe kuvugana n’abanyamakuru.

Yagize ati “Nabwiwe ko ntemerewe kongera kuvugana n’itangazamakuru.”

Pogba aherutse kubwira abanyamakuru ko Manchester United ikwiriye gusatira igihe yakiriye imikino mu rugo aho kugarira gusa atazi impamvu bidakorwa cyane ko atari umutoza,bituma Mourinho amurakarira ndetse aba bombi bamarana iminsi barebana ay’ingwe ndetse yamburwa uburenganzira bwo kuba kapiteni wungirije.

Pogba yabwiye ubuyobozi bwa Manchester United ndetse na Mourinho ko yifuza kuva muri iyi kipe mu kwezi kwa mbere akerekeza muri imwe mu makipe amushaka arimo Juventus na FC Barcelona.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa