skol
fortebet

Paul Were yakoze ku mutima abafana ba Rayon Sports ku munsi wa mbere

Yanditswe: Friday 12, Aug 2022

featured-image

Sponsored Ad

Rutahizamu Paul Were uheruka gusinyira Rayon Sports yakoze imyitozo ya mbere na bagenzi be yigarurira imitima y’abafana batari bake bari baje kumuha ikaze mu Nzove.
Uyu munya Kenya,Paul Were ukina aca ku mpande, yasinyiye Rayon Sports amasezerano y’umwaka umwe ku wa Kane ndetse agaragara mu gikorwa cyo kumurika Itike y’Umwaka w’Imikino n’Ikarita y’Ubunyamuryango ya Rayon Sports.
Nyuma yaho ni bwo yerekeje mu Nzove, yakirwa n’ibihumbi by’abafana bari bamutegereje ku myitozo.
Uyu mukinnyi w’imyaka (...)

Sponsored Ad

Rutahizamu Paul Were uheruka gusinyira Rayon Sports yakoze imyitozo ya mbere na bagenzi be yigarurira imitima y’abafana batari bake bari baje kumuha ikaze mu Nzove.

Uyu munya Kenya,Paul Were ukina aca ku mpande, yasinyiye Rayon Sports amasezerano y’umwaka umwe ku wa Kane ndetse agaragara mu gikorwa cyo kumurika Itike y’Umwaka w’Imikino n’Ikarita y’Ubunyamuryango ya Rayon Sports.

Nyuma yaho ni bwo yerekeje mu Nzove, yakirwa n’ibihumbi by’abafana bari bamutegereje ku myitozo.

Uyu mukinnyi w’imyaka 28 yanyuze abatari bake bakurikiye imyitozo ya Rayon Sports, bamwe ntibatinya kuvuga ko bataherukaga "kubona umukinnyi umeze nka we".

Were na bagenzi be bari kwitegura umukino wa gicuti Gikundiro izahuramo na Vipers SC yo muri Uganda ku wa Mbere, kuri Rayon Sports Day.


Ibitekerezo

  • Ni karibu Pawulo amakipe akwitege

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa