Umunya Argentina,Paulo Dybala ukina asatira mu ikipe ya Juventus,yongeye gusanganwa icyorezo cya Coronavirus ku nshuro ya kane apimwe mu byumweru 6 bishize yanduye iki cyorezo we n’umukunzi we.
Kuwa 21 Werurwe 2020 nibwo Paulo Dybala yatangarije ku rubuga rwe rwa Twitter ko we n’umukunzi weOriana Sabatini banduye Coronavirus gusa yemeza ko bameze neza.
Nyuma yo kwandura yahise ajya kwitabwaho n’abaganga ariko uko bamusuzumye ngo barebe ko bamusezerera basanga iyi ndwara yaranze kumushiramo.
Ikinyamakuru El Chiringuito cyavuze ko Dybala yasuzumwe ku nshuro ya kane mu minsi ishize nabwo abaganga basanga acyanduye Coronavirus nubwo ngo biba bigaragara ko ameze neza.
Mu minsi ishize Paulo Dybala yavuze ko kubera Coronavirus yigeze kugorwa no guhumeka ariko akaba agenda amererwa neza we n’umukunzi we.
Yagize ati “Kubw’amahirwe njye n’umukunzi wanjye tumeze neza,muri iyi minsi nta bimenyetso dufite.Nagize ibimenyetso bigaragara ubwo nageragezaga kwitoza ngahita nanirwa hanyuma nyuma y’iminota 5 nanirwa guhumeka.Twahise tumenya ko hari ikibazo,nyuma y’ibizamini byakozwe n’ikipe yacu tumenya ko twanduye.
Kuva ubwo natangiye kugira ibimenyetso birimo gukorora,kunanirwa k’umubiri ndetse no kugira ubukonje bwinshi ndyamye.Ikipe yatubwiye ko tuzamererwa neza bityo tudakwiriye guhangayika.”
Juventus yagize ibyago abakinnyi bayo 3 barimo uyu Dybala,Matuidi na Rugani bandura iki cyorezo gusa aba bombi barakize hasigara Dybala.
Ku wa Mbere utaha tariki ya 04 Gicurasi,abakinnyi batandukanye b’amakipe yo mu Butaliyani baratangira kwitoza ku giti cyabo hanyuma kuwa 18 Gicurasi bitoreze mu matsinda kugeza ubwo hazafatwa umwanzuro wo gusubukura Serie A.
Minisitiri w’intebe w’Ubutaliyani aherutse gutangaza ati “Imyitozo y’umukinnyi ku giti izatangira kuwa 04 Gicurasi.Iyo mu matsinda izatangira kuwa 18 Gicurasi hanyuma turebe niba hari uburyo bwadufasha kurangiza umwaka w’imikino.Tugomba kuganira tukareba niba dufashe uwo mwanzuro byakorwa mu mahoro n’umutekano.”
Kuwa 15 Mata 2020,nibwo Juventus yatangaje ko Abakinnyi bayo, Blaise Matuidi na Daniele Rugani banduye Coronavirus igitangira kugera mu Butaliyani bamaze gukira nyuma y’igihe kinini bari kwitabwaho n’abaganga.
Juventus yatangaje ko aba bakinnyi bombi bakize ndetse ubu bamaze gukurwa mu nzu z’akato bari bamazemo igihe.
Kuwa 12 Werurwe 2020,nibwo Ikipe ya Juventus yatangaje ko myugariro wayo wo hagati, Daniele Rugani, yapimwe bikagaragara ko yanduye Coronavirus.
Kuwa 17 Werurwe 2020 nibwo Blaise Matuidi ukomoka mu Bufaransa nawe yarapimwe asanganwa Coronavirus.
Ikipe ya Juventus yatangaje ko Blaise Matuidi yapimwe agasanganwa iyi ndwara gusa ngo ntiyagaragaje ibimenyetso byayo.
Matuidi w’imyaka 32 yahise atangira gukurikiranwa n’abaganga cyane ko guhera kuwa 11 Werurwe yari yarishyize mu kato birangira nawe akize vuba.
Paulo Dybala niwe wenyine ukomeje gutera inkeke kuko n’abandi bakinnyi bo mu yandi makipe mu Butaliyani banduye iki cyorezo bamaze gukira.
Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *