Umutoza wa Man City,Pep Guardiola,yavuze ko ikipe ye nta makosa ifite kuko nta rukiko rurayihamya ibyaha.
Mu kiganiro yagiranye n’itangazamakuru mbere y’umukino wayo na Liverpool,yavuze ko Man City ari umwere kur ibi birego ishinjwa.
Ati"Turi abere kugeza igihe bigaragaye ko ibirego 115 bishinjwa City bitahindutse."
Pep Guardiola avuga ku manota 10 yambuwe Everton no kuba City itarahanwe kandi yararezwe ibirego 115.
Yagize ati“Everton? Ibirego byacu biratandukanye.Ntabwo ndavuga ku birego bya Everton ariko abanyamategeko bambwiye ko bitandukanye [nibya Man City] .
Nzi ko abantu bavuga ngo: kuki Man City itajya imanurwa mu cyiciro cya gatatu? Barabishaka?, yego… ”.
Numva ko abantu bashaka ko Man City ihanwa. Ariko kuri ubu turi abere, na none.
Urambaza nkaho twamaze guhanwa.Ubu turi abere. Turi abere kugeza byemejwe… ”.
Ku mukino wa Liverpool,Pep Guardiola avuga ko Erling Haaland ’yizeye ko’ ashobora kuwubonekamo kuri uyu wa gatandatu saa sita.
Mu cyumweru gishize, Haaland yagize ikibazo cy’imvune ubwo yari mu mikino mpuzamahanga,agaruka mu ikipe ye hakiri kare kugira ngo avurwe.
Uyu mukinnyi uyoboye abatsinze ibitego byinshi muri Premier League yagarutse mu myitozo ku wa kane, biravugwa ko yaba yiteguye gukina na The Reds kuri Etihad.
Icyakora Man City izaba idafite Nathan Ake, Ederson, Matheus Nunes na Mateo Kovacic bavunikiye mu mikino y’ibihugu byabo,biyongeraho Kevin de Bruyne umaze igihe mu mvune.
Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *