Pep Guardiola yatangiye kwiruka kuri rutahizamu ukomeye mu Bwongereza
Yanditswe: Sunday 23, May 2021
Umutoza wa Manchester City, Pep Guardiola,yahishuye ko yifuza rutahizamu wa mbere mu Bwongereza,Harry Kane ukinira ikipe ya Tottenham ariko uherutse guhishura ko yifuza kuyivamo.
Manchester City irashaka gutanga miliyoni 150 z’amapawundi ikipe ya Totttenham yifuza kugira ngo ibone uyu rutahizamu ndetse Pep Guardiola yagize ati “Nakwishimira gutunga umukinnyi utsinda ibitego 30.”
Kane aherutse guca amarenga ko ashobora kwerekeza mu ikipe ya Manchester City mu magambo ye aho yahishuye ko yifuza gukinana n’umuhanga mu gutanga imipira ivamo ibitego,Kevin de Bruyne.
Pep Guardiola yagize ati “Ndifuza kugira rutahizamu utsinda ibitego 50 mu mwaka w’imikino umwe ariko sinkunda gushyira igitutu ku mukinnyi.
Muri Barcelona, Lionel Messi, kuva yavuka yatsindaga ibitego 50 buri mwaka. Thierry Henry yatsinze ibitego byinshi mu mwaka wa mbere na Samuel Eto’o yatsinze ibitego byinshi.
Iyo ushaka gutwara ibikombe nka Premier League ugendera ku mukinnyi umwe,ntabwo wabishobora.Uba ukeneye imibare myiza mu kibuga.Ukeneye abakinnyi 3 batsinda ibitego birenze 10,batsinda 12,15 kugira ngo utware igikombe.Iyo ufite rutahizamu utsinda ibitego 25 na 30 birafasha cyane.”
Nubwo Manchester City yatwaye igikombe cya Premier League uyu mwaka, ba rutahizamu bayo barayitengushye kuko umukinnyi wo hagati Ilkay Gundogan ari we umaze gutsinda ibitego byinshi,13.
Raheem Sterling ufite 10 niwe umurikira mu gihe Aguero watsindiye City ibitego byinshi kurusha abandi mu mateka yayo [258],atakinnye cyane kubera imvune naho Gabriel Jesus yagaragaje urwego rwo hasi aho ubu afite ibitego 8 gusa.
Harry mu nzira zimwerekeza muri Manchester City
Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *