Pep Guardiola yavuze ikintu kimuteye ubwoba muri shampiyona y’uyu mwaka
Yanditswe: Wednesday 06, Feb 2019
Umutoza wa Manchester City,Pep Guardiola yatangaje ko afite ubwoba ko ashobora kuzahangana na Liverpool kugeza ku munsi wa nyuma banganya amanota hanyuma bagakizwa n’ibitego.
Umutoza Guardiola yavuze ko kubera ingufu Manchester City ye na Liverpool bafite muri Shampiyona,bashobora kuzahangana bikomeye ikarangira banganya amanota ikipe ifite ibitego byinshi ikaba ariyo itwara igikombe.
Mu mwaka wa 2012 nibwo ikipe ya Manchester City yatwaye igikombe kubera ikinyuranyo cy’ibitego yarushaga Manchester United,byatumye Guardiola avuga ko bishoboka ko n’uyu mwaka bishobora kubaho akazarangiza Shampiyona anganya amanota na Liverpool gusa yemeza ko afite ubwoba ko ishobora kuzamurusha ibitego.
Yagize ati “Ndabizi ko dushobora kuzagera ku munsi wa nyuma tunganya amanota.Twakizwa n’ibitego.Icyo nabwira abakinnyi banjye ni ugutsinda buri mukino ndetse niba babonye uburyo bwo gutsinda ibitego byinshi babikore.”
Guardiola yabwiye abanyamakuru ko ari gusaba abakinnyi be gutsinda ibitego byinshi kugira ngo biramutse bigenze bityo bazabasha kwegukana igikombe bemye.
Guardiola yagarutse mu ruhando rwo gushaka igikombe cya shampiyona mu minsi ishize ubwo Liverpool yanganyaga imikino 2 iheruka gukina ndetse kuri ubu iramurusha amanota 3 gusa.
Guardiola atewe ubwoba n’uko we na Klopp bashobora kuzakizwa n’ibitego ku gikombe cya shampiyona


Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *