Pep Guardiola yavuze ku masezerano ya Haaland byavugwaga ko amworohereza kwerekeza I Madrid
Yanditswe: Thursday 06, Oct 2022
Umutoza Pep Guardiola yanyomoje amakuru yavugaga ko Erling Haaland mu masezereno ye harimo ingingo izategeka Manchester City kumurekura akerekeza muri Real Madrid muri 2024.
Ikinyamakuru The Sun giheruka gutangaza ko Haaland yasabye City ko mu masezerano ye hajyamo ingingo yo kumurekura ku giciro cyagenwe,akerekeza muri Madrid mu mwaka wa 2024.
Nyuma y’umukino Man City yatsinzemo Copenhagen ibitego 5-0 mu matsinda ya Champions League kuri uyu wa gatatu,Pep Guardiola yanyomoje aya makuru (…)
Umutoza Pep Guardiola yanyomoje amakuru yavugaga ko Erling Haaland mu masezereno ye harimo ingingo izategeka Manchester City kumurekura akerekeza muri Real Madrid muri 2024.
Ikinyamakuru The Sun giheruka gutangaza ko Haaland yasabye City ko mu masezerano ye hajyamo ingingo yo kumurekura ku giciro cyagenwe,akerekeza muri Madrid mu mwaka wa 2024.
Nyuma y’umukino Man City yatsinzemo Copenhagen ibitego 5-0 mu matsinda ya Champions League kuri uyu wa gatatu,Pep Guardiola yanyomoje aya makuru avuga ko iyo ngingo idahari.
Ati: "Ntabwo ari ukuri.Nta ngingo yo kumurekura ngo ajye muri Real Madrid cyangwa indi kipe iyo ari yo yose ihari. Ntabwo ari ukuri, navuga iki? nziko yishimye bidasanzwe hano kandi tuzagerageza gutuma yishima.
Ntushobora guhangayikishwa n’ibihuha, tugomba guhangayikishwa n’icyo dushobora kugenzura.”
Pep yemeje ko atazi niba imvune myugariro Kyle Walker yagize ishobora kuba ikomeye bihagije ku buryo ishobora gutuma aterekeza mu gikombe cyi’si kizaba mu kwezi gutaha.
Amakuru yaturukaga muri Espagne yavugaga ko Haaland waraye atsinze ibitego bibiri bigatuma yuzuza 19 mu mikino 12 gusa amaze gukina mu marushanwa yose,azagurwa na Madrid kuri miliyoni 200 z’amayero muri 2024 , cyangwa miliyoni 175 z’amayero muri 2025.
Haaland yasimbuwe igice cya kabiri kigiye gutangira kugira ngo amuruhure kuko mu minsi iri imbere hagiye gukinwa imikino myinshi cyane mu rwego rwo kwitegura igikombe cyisi,kizatangira mu byumweru bitandatu biri imbere.
Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *