skol

Pep Guardiola yeteye urujijo ku mvune ya Haaland

Yanditswe: Monday 11, Dec 2023

featured-image

Umutoza Pep Guardiola yemeje ko atazi igihe Erling Haaland azamara mu mvune nyuma yo kutagaragara mu mukino na Luton Town kuri iki cyumweru.

Haaland w’imyaka 23, yahoraga mu ikipe ya Manchester City muri Premier League.

Uyu mukinnyi uhagaze neza, yakinnye imikino yose ya shampiyona muri uyu mwaka w’imikino, atsinda ibitego 14 mu mikino 15.

Ariko, Guardiola ubu yatangaje ko Haaland afite imvune y’ikirenge.

Ikibazo gihangayikishije Pep n’uko atazi igihe Haaland azagarukira.

Ikipe ya Man City igiye gukurikirana uko uyu rutahizamu akira "umunsi ku munsi".

Guardiola yagize ati: "Afite ikibazo ku igufwa ryo ku kirenge cye kandi nyuma y’umukino uheruka yarabyumvaga.

"Ntashobora gukina.Ntabwo nzi igihe azamara hanze y’ikibuga."

Man City yatsinze Luton ibitego 2-1 kuri iki cyumweru bituma ijya ku mwanya wa kane n’amanota 33.Irushwa amanota 4 na Liverpool ya mbere.

Man City igiye kwerekeza mu gikombe cy’isi cy’amakipe aho izasiba umukino wa shampiyona na Brentford.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa