Perez yemeje ko nta kipe n’imwe yavuye muri Super League anahishura abananije irushanwa
Yanditswe: Thursday 22, Apr 2021
Perezida w’ikipe ya Real Madrid,Florentino Perez yatangaje ko nta kipe n’imwe muri 12 yari yasinye kwinjira mu irushanwa rya European Super League yavuyemo ariko yemeza ko imbogamizi zatewe nuko batasobanuye neza umushinga.
Mu ijoro ryo kuri uyu wa 3,Perez yagiye kuri radio imwe muri Espagne yitwa Cadena SER yemeza ko ababajwe no kuba iri rushanwa bateguye imyaka 3 yose ryakomwe mu nkokora.
Ati “Ndababaye cyane kuko iri rushanwa tumaze imyaka 3 turitegura ariko birashoboka ko tutarisobanuye neza.Imitegurire ya Champions League irashaje kandi ikurura abantu igeze muri ¼ kuzamura.
Uburyo ikinwamo ntibukigezweho ariyo mpamvu twari twapanze ko amakipe akomeye I Burayi yajya akina guhera mu ntangiriro z’irushanwa.Twakoze neza imibare kugira ngo tubone amafaranga menshi twe n’andi makipe.
Abajijwe ku makipe yikuye mu irushanwa,Perez yagize ati “Hari ikipe imwe mu Bwongereza itari yishimiye umushinga.Ntabwo ndi buvuge iyo ariyo ariko ndakeka ko ariyo yatumye n’izindi zisubiraho.
Abayobozi ba hariya biganjemo abo muri Amerika muri NFL na NBA. Zikuyemo kubera igitutu.FIFA yakabirije ibintu.Wagira ngo twarekuye Bombi atomike.Birashoboka ko tutasobanuye umushinga neza ariko nabo ntibaduhaye umwanya wo kuwusobanura.
Abantu bamwe ntibabishakaga.Maze imyaka 20 ariko nibwo nabona kwibasirwa nkuku.Bisa nk’aho twishe umuntu.Birasa nkaho twishe ruhago ariko twe twashakaga kuyitabara.
Perez yavuze ko amakipe yo mu Bwongereza no mu Butaliyani yikuye mu irushanwa akirimo.Ati “Baribeshye.Ntabwo ntekereza ko ariya makipe yikuye mu irushanwaBirasobanutse mu masezerano ko nta kurivamo.”
Perez yavuze ko nta mufana n’umwe utakwishimira kubona Real Madrid ikina na Machester zombi buri cyumweru aho yemeje ko aafana bakunda imikino y’amakipe akomeye kurusha kubona amato akina.
Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *