skol
fortebet

Perezida Paul Kagame yashimye PSG yegukanye igikombe ku nshuro ya 2 yikurikiranya anashima Arsenal ku muhate yagize

author-image

Yanditswe na: Angeline MUKANGENZI
Kuwa: Sunday 31, May 2026

Perezida Paul Kagame yashimye PSG yegukanye igikombe ku nshuro ya 2 yikurikiranya anashima Arsenal ku muhate yagize

Sponsored Ad

skol

Peresida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame, yashimye ikipe ya Paris Saint Germain yegukanye igikombe cya UEFA Champions League, ku nshuro ya 2 yikurikiranya.

Mu butumwa yanyujije ku rubuga rwe rwa X, perezida Paul Kagame, yashimye ikipe ya Paris Saint Germain isanzwe ari umufatanyabikorwa wa gahunda ya Visit Rwanda, yegukanye igikombe cya UEFA Champions League, nyuma yo gutsinda ikipe ya Arsenal.

Ati: “Ndashimira umufatanyabikorwa wa Visit Rwanda, Paris Saint-Germain ku Gikombe cya UEFA Champions League yari ikwiye ndetse ikaba icyegukanye ku nshuro ya kabiri yikurikiranya.”

Yongeyeho ati: “Ndashimira kandi Arsenal ku kugera ku mukino wa nyuma no guhatana kugeza ku munota wa nyuma ushoboka. Amakipe yombi yateye ishema abakunzi bayo, iri joro PSG ihamya ko ari ikipe nziza kurushaho.”

Ni mu mukino wabaye mu ijoro ryo ku wa 30 Gicurasi 2026, mu Mujyi wa Budapest muri Hongrie wahuje Paris Saint-Germain yo mu Bufaransa na Arsenal yo mu
Bwongereza.

Uyu mukino wasize Paris Saint-Germain ibonye intsinzi kuri penaliti 4-3, nyuma y’uko amakipe yombi yari yanganyije igitego 1-1 mu minota 120 y’umukino, byatsinzwe na Kai Havertz na Ousmane Dembélé.

PSG yamamaza ubukerarugendo bw’u Rwanda binyuze muri gahunda ya Visit Rwanda kuva mu 2019 kugeza mu 2028 mu gihe Arsenal yakoranaga n’u Rwanda kuva mu 2018, amasezerano yayo arangiranye n’uyu mwaka w’imikino wa 2025/26.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Muri bande?



Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa