skol

Perezida w’abafana ba Gasogi United ku isi yibasiye Rayon Sports mbere yo kuyisura

Yanditswe: Friday 12, Jan 2024

featured-image

Perezida w’abakunzi ba Gasogi United ku isi yose, Mutabaruka Angelbert,yavuze ko Rayon Sports ari ikipe isanzwe isigaye ku mateka gusa kuko itakanga Gasogi United ubu.

Mu kiganiro kuri TV1 akoraho,Mutabaruka yavuze ko biteguye neza Rayon Sports ndetse ko bo nta bwoba ibateye.

Ati: “ Twiteguye neza umukino wa Rayon Sports ifite abafana benshi,nta mukunzi igira.Gasogi yo n’abakunzi gusa,nta mufana twe tugira....

Nta bintu byinshi dufite byo kuvuga kuri Rayon Sports kuko tuyifata nk’amakipe asanzwe,n’ikipe iraho isanzwe.

Tuzi ko yigeze gukomera kera ariko ubu ntikomeye kuko ubukomere bwayo muri Google niho tububona.Tubona muri Google ngo yigeze gukomera,igera mu matsinda n’ubwo ntacyo yakuyeyo.

N’ejobundi yaranditse ngo n’ikipe y’amatsinda,ngo izagera mu matsinda ariko turi kuyibona mu matsnda y’abacuruzi b’imigati.

Turahura twebwe twiteguye,ntabwo turaza tuvuga ngo ’umukinnyi uyu n’uyu’.Ba Ojera bari hehe?."

Kuri uyu wa Gatanu tariki 12 Mutarama 2024, ikipe ya Rayon Sports izakira Gasogi United guhera 18h00 kuri Kigali PELE Stadium.

Kwinjira kuri uyu mukino ubera kuri Kigali Pele Stadium ni: 3000Frw, 5000Frw, 10 000Frw & 20 000Frw.

Ibitekerezo

  • mutabaruka ararengana ko aba arikwicira inshuro se yavuga iki kindi ikipe avugira niyasebuja na tv akoraho nuko

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa