skol

Perezida wa Rayon Sport na Chairman wa APR bari muri Board ya League

Yanditswe: Tuesday 18, Jul 2023

featured-image

Kuri uyu wa Kabiri, hateranye inama y’abayobozi b’amakipe yo mu Cyiciro cya Mbere, bahita banitoramo batanu baziyongeraho abandi bo mu Cyiciro cya Kabiri kugira ngo buzure 13 nk’uko biteganyijwe.

Abatowe kuri uyu munsi, ni Lt Col Richard Karasira, Hadji Mudaheranwa Yussuf uyobora Gorilla FC, Rtd Capt Uwayezu Jean Fidèle uyobora Rayon Sports, Gahigi Jean Claude uyobora Bugesera FC na Mvukiyehe Juvénal uyobora Kiyovu Sports Ltd.

Biteganyijwe ko ku munsi w’ejo ku wa Gatatu tariki 19 Nyakanga, aboyobora amakipe yo mu Cyiciro cya Kabiri, na bo bazahura bakitoramo abandi bazuzuza abantu 13 muri rusange bazaba bagize Rwanda Premier League Board.

Mu nteko rusange y’abanyamuryango ba Ferwafa iheruka yabaye tariki 24 Kamena 2023, yemeje ko hagomba kubaho League izigenga ariko ikazatangira iterwa inkunga n’ubuyobozi bw’iri shyirahamwe kugira ngo ibanze yisuganye.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa