Perezida wa Rayon Sports,Uwayezu Jean Fidele,yatangaje ko abakinnyi bari mu mvune bose ari bazima ndetse bari gukora imyitozo yose kandi neza.
Ibi yabitangarije Radio 10 mu kiganiro bagiranye mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatatu tariki 27 Nzeri 2023 cyibanze ku gutegura umukino wa Al Hilal Benghazi.
Yagize ati"Youssef na Mugadam baragarutse, bakoze imyitozo yose. Na Adolphe yarakize. Abakinnyi bose barahari, abatoza bose barahari. Bafite morale bose. Twabiganiriyeho, iyi match barayireba mu rundi rwego."
Bwana Uwayezu yavuze ko yakurikiranye imyitozo yose yo kuri uyu wa kabiri kugira ngo arebe aho imyiteguro igeze ndetse ko yemeje ko abakinnyi bose bameze neza.
Perezida Uwayezu yavuze ko hari abakinnyi 6 bari gushakwa n’amakipe yo hanze mu ikipe ya Rayon Sports kubera kwitwara neza.
Ati " Hari abakinnyi 6 mu ikipe ya Rayon Sports bari kurambagizwa hanze. Ni ikintu gikomeye."
Yijeje abafana ko bari gukora ibintu byose bisabwa ngo uwo mukino uzagende neza kandi uzabe ari uw’amateka. Yemeje ko abafana bazakirwa neza mu nguni zose kandi ngo umukino bari kuwitegura mu nguni zose, icyo we yise ’urugamba’.
Ati " Urugamba turimo turarupanga mu nguni zarwo zose, igisigaye ni ikibuga."
Umukino ubanza amakipe yombi yanganyije 1-1 mu gihe uwo kwishyura uzaba kuwa 30 Nzeri 2023.
Izatsinda mu mukino wo kwishyura izahita ijya mu matsinda ya CAF Confederation Cup.
Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *