Pique yavuze amagambo akomeye asezera ku mupira w’amaguru na FC Barcelona
Yanditswe: Sunday 06, Nov 2022
Myugariro Gerard Pique mumarira menshi yasezeye ku mupira w’amaguru nyuma yo gukina umukino FC Barcelona yari amaze imyaka 14 akinira yahuragamo na Almeria.
Pique wabaye myugariro ukomeye muri iyi kipe y’ubukombe,yasezeye bitunguranye muri iki cyumweru ndetse ijoro ryakeye ryari iry’amarangamutima ubwo yiyerekaga abfana bwa nyuma.
Uyu myugariro yarize cyane ubwo yaseraga ku bafana ndetse amarangamutima afata umutoza we Xavi nawe byageze aho arira.
Pique w’imyaka 35, yakiriwe neza I (…)
Myugariro Gerard Pique mumarira menshi yasezeye ku mupira w’amaguru nyuma yo gukina umukino FC Barcelona yari amaze imyaka 14 akinira yahuragamo na Almeria.
Pique wabaye myugariro ukomeye muri iyi kipe y’ubukombe,yasezeye bitunguranye muri iki cyumweru ndetse ijoro ryakeye ryari iry’amarangamutima ubwo yiyerekaga abfana bwa nyuma.
Uyu myugariro yarize cyane ubwo yaseraga ku bafana ndetse amarangamutima afata umutoza we Xavi nawe byageze aho arira.
Pique w’imyaka 35, yakiriwe neza I Camp Nou kuko yabanje mu kibugakuri uyu mukino we wa nyuma na Almeria.
Yinjiye mu kibuga ari kumwe n’abahungu be Milan na Sasha bari mascot ku munsi ukomeye wa se.
Pique yakinnye iminota 85 muri uyu mukino Ousmane Dembele na Frenkie de Jong batsinze ibitego 2-0 byafashije Barca kuyobora LaLiga.
Asezera Pique yagize ati "Mu buzima,iyo ukuze umenya ko hari igihe urukundo rwa nyarwo ari ukugenda.Mpagarikiye hano ariko ntaho ngiye, urukundo nkunda Barcelona ntirunyemerera kujya kure, ndabizi neza nzagaruka kandi vuba.Navukiye hano, nzapfira hano.
Abafana bamusubije bati...Perezida...Perezida!
Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *