skol
fortebet

Pogba ashobora guhabwa igihano gikomeye cyane kubera ibyo ashinjwa gukora bitemewe

author-image

Yanditswe na: Dusingizimana Remy
Kuwa: Monday 11, Sep 2023

Pogba ashobora guhabwa igihano gikomeye cyane kubera ibyo ashinjwa gukora bitemewe

Sponsored Ad

skol

Umukinnyi wo hagati muri Juventus,Paul Pogba yabaye ahagaritswe by’agateganyo nyuma y’uko agaragaweho gufata imiti itemewe yongera imbaraga.

Uyu mukinnyi wo hagati wa Juventus n’Ubufaransa, Paul Pogba, yahagaritswe by’agateganyo nyuma y’uko igenzura ryo kureba niba adakoresha ibiyobyabwenge ryagaragaje urugero ruri hejuru rw’imisemburo ya testosterone nyinshi, nkuko byatangajwe n’ubuyobozi bw’Ubutaliyani bwo kurwanya ibiyobyabwenge (Nado).

Nyuma y’igihe kinini cyane ari mu mvune n’ikibazo cyo guharabikwa, inzozi z’uyu mugabo w’imyaka 30 zo gutera imbere zahungabanijwe n’icyaha cyo gukoresha iyi miti nyuma y’uko Juventus itsinze Udinese ibitego 3-0 ku ya 20 Kanama, aho yari umusimbura utarakoreshejwe.

Ku wa mbere,uyu Mufaransa yari yabwiye umunyamakuru wa Al Jazeera ko "yifuza gukina" nyuma y "umwaka utoroshye" washoboraga "kumurimbura".

Ibi biramutse bimuhamye yahagarikwa imyaka 4 adakina.

Nado yavuze ko Pogba yarenze ku mategeko yo kurwanya ikoreshwa ry’imiti yongera imbaraga igihe basangaga ibintu bibujijwe mu mubiri we.

Juventus yavuze ko Pogba "yahagaritswe by’agateganyo".

Iri tangazo ryongeyeho riti: "Iyi kipe ifite uburenganzira bwo gusuzuma intambwe ikurikiraho."

Mu butumwa yoherereje AFP,uhagarariye Pogba, Rafaela Pimenta, yavuze ko "ategereje ikizamini cya kabiri kandi ko adashobora kugira igitekerezo atanga mbere y’ibisubizo".

Yongeyeho ati: "Ikizwi ni uko Paul Pogba atigeze yifuza kurenga ku mategeko."

Pogba yongeye gusubira muri Juventus muri Nyakanga 2022 avuye muri Manchester United.

Kuva mu 2012 kugeza 2016 yari yarafashije Juve gutwara ibikombe bine bya Serie A n’ibikombe bibiri by’Ubutaliyani, no kugera ku mukino wa nyuma wa Champions League muri 2015.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Muri bande?



Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa