skol

Police FC yamaze kwibikaho rutahizamu Mugenzi Bienvenue

Yanditswe: Friday 16, Jun 2023

featured-image

Police FC yaguze rutahizamu Mugenzi Bienvenue wakiniraga Kiyovu Sports, imusinyisha amasezerano y’imyaka ibiri.

Uyu mukinnyi wari umaze imyaka ibiri mu Urucaca, mu mwaka ushize w’imikino ari mu bakinnyi b’Abanyarwanda bitwaye neza kuko yatsinze ibitego icyenda muri shampiyona.

Ikipe ya Polisi y’Igihugu yamusinyishije ni imwe mu ziri ku isoko cyane muri iyi mpeshyi aho iri kubaka ikipe ikomeye izifashisha mu mwaka utaha.

Mugenzi yiyongereye kuri Nyamurangwa Moses waguzwe muri Sunrise FC na Niyonsaba Eric wakiniye Espoir FC, na bo bamaze gusinya imyaka ibiri muri iyi kipe.

Bivugwa ko kandi abandi bakinnyi barimo Umunyezamu Ntwari Fiacre wasoje amasezerano muri AS Kigali, Kwitonda Ally wakiniraga iyi kipe y’Umujyi wa Kigali ndetse na Myugariro Ndizeye Samuel wahoze muri Rayon Sports bamaze kuyerekezamo.

Umutoza Mashami Vincent arifuza kubaka ikipe izahatana umwaka utaha nyuma yo kugera muri Police FC mbere gato ya Shampiyona y’umwaka ushize, yari yaramaze kugura abakinnyi biganjemo abo yahasanze. Uwo mwaka warangiye iyi kipe iri ku mwanya wa gatanu n’amanota 47.

Mugenzi Bienvenue w’imyaka 29 yakiniye amakipe atandukanye mu Rwanda nka Marines FC, APR FC na Kiyovu Sports.

Ibitekerezo

  • Kuki abadepite batabaza impamvu ituma hari ubusumbane mu gufasha amakipe ya football: amaafaranga ahabwa APR na Police FC ntaho ahuriye nahabwa Kiyovu, Mukura, Etincelles, Musanze, Sunrise.
    Ndabizi murabisiba

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa