skol
fortebet

Police FC yongereye amasezerano abarimo Didier wifuzwaga na Rayon Sports

Yanditswe: Wednesday 18, Jun 2025

featured-image

Sponsored Ad

Kuri uyu wa Kabiri, Police FC yatangaje ko yongereye amasezerano abakinnyi batatu barimo Mugisha Didier wagiranye ibiganiro na Rayon Sports.

Sponsored Ad

Aba Police FC yongereye amasezerano ni kapiteni Nsabimana Eric "Zidane" wasinye umwaka umwe, myugariro Ndizeye Samuel nawe wasinye umwaka umwe na Mugisha Didier wasinye imyaka ibiri. Mugisha Didier mu bihe bitandukanye muri iyi mpeshyi yaganiriye n’abayobozi ba Rayon Sports bifuzaga kumugura ariko bakananirwa kumvikana amafaranga dore ko bitangira yifuzaga miliyoni 15 Frw , iyi kipe imuha icumi.

Police FC iheruka gutandukana n’abatoza bari bayobowe na Mashami Vincent ndetse n’abakinnyi barimo Bigirimana Abedi, Peter Agbrevor n’abandi batandukanye.

Ndizeye Samuel, Nsabimana Eric na Mugisha Didier bongereye amasezerano muri Police FC

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa