Nyuma y’aho abakinnyi b’ikipe y’igihugu y’u Burundi muri Handball bagera ku 10 baburiwe irengero kuwa gatatu tariki ya 09 Kanama 2023 mu gihuvu cya Croatia, igipolisi cy’iki gihugu kiri kubahiga bukware.
Polisi yo mu ntara ya Primorje-Gorski Kotar muri Croatia yatangaje ko yatangiye guhiga bukware abo basore bakina Handball.
Aba bakinnyi bari bitabiriye igikombe cy’isi cya Handball mu batarengeje imyaka 19,baciye mu rihumye abayobozi bari kumwe bahita baburirwa irengero irushanwa ritararangira.
Igipolisi cya Croatia cyavuze ko kiri gukoresha uburyo bwose ngo kibone aba bakinnyi cyane ko ngo gikurikiranye amaterefone agendanwa yabo kitababona.
Ibinyamakuru byo muri Croatia biravuga ko Polisi iri gukoresha uburyo bwose kugera no ku mbwa kugira ngo aba bakinnyi batorotse baboneke basubizwe iwabo.
Mu ikipe y’abakinnyi 13,abakinnyi 3 gusa nibo batatorotse gusa muri iyi kipe y’Abarundi.
Aba bakinnyi bavutse muri 2006 ngo batorotse ikigo cy’ishuri bari bacumbikiwemo ahagana saa cyenda n’igice z’ijoro,kuwa 09 Kanama.Bise ngo bafite imyaka 17.
Hari amakuru avuga ko baba barahise berekeza muri Albania gusa polisi ya Primorje-Gorski Kotar yiyemeje kubashakisha mu buryo bwose bushoboka.
Ikibazo cyo gutorokera hanze ku Barundi si icya none kuko no mu minsi ishize hari abajyanye na Perezida Ndayishimiye mu mahanga bahita batoroka.
Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *