Ikipe ya PSG,irashaka kurekura abakinnyi b’amazina akomeye yari itunze mu mwaka w’imikino ushize ariyo mpamvu yabwiye Neymar Jr ko itakimukeneye yakwishakira ahandi.
Paris Saint-Germain iri kwiyubaka bushya nyuma yo gutandukana na Lionel Messi ndetse ikaba itabanye neza na Kylian Mbappe.
Neymar Jr,Marco Verratti,Hugo Ekitike,Juan Bernat na Renato Sanches babwiwe n’umutoza wabo Luis Enrique ko atabafite muri gahunda ze muri PSG.
PSG yamanuye amashusho ya Kylian Mbappe kuri Stade ya Parc de Princes bivuze ko nawe azasohoka muri iyi kipe byanze bikunze.
Amakuru avuga ko Neymar Jr yifuzwa na Chelsea gusa ngo uyu munya Brazil arashaka gukina muri FC Barcelona umwaka umwe hanyuma akerekeza mu Barabu gushaka amafaranga.
Ikinyamakuru RMC cyatangaje ko muri iyi minsi ishize,umutoza Enrique na Luis Campos bagiranye ibiganiro n’abakinnyi benshi bagomba kurekurwa ndetse bariya twavuze haruguru babwiwe ko batagikenewe.
AS ivuga ko PSG ishakamo Neymar Jr miliyoni 130 z’amapawundi - gusa ngo iyi kipe yanakwemera uwamutira ariko aramwishyura umushahara wose ahabwa.
Umutoza Xavi wa FC Barcelona ntiyigeze ahakana ko bifuza Neymar gusa yavuze ko nawe ategereje ibizaba kuwa 31 Kanama,isoko rifunga.
Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *