skol

Ramos yatangaje byinshi kuri Cristiano Ronaldo mbere yo guhanganira mu gikombe cy’isi

Yanditswe: Friday 15, Jun 2018

Kapiteni wa Espagne Sergio Ramos yatunguye benshi mu bakunzi ba ruhago kubera amagambo yatangaje kuri Cristiano Ronaldo bakinana muri Real Madrid,baracakirana uyu munsi mu gikombe cy’isi aho yavuze ko ari umukinnyi uteye ubwoba buri wese atakwifuza guhangana nawe.

Ramos usanzwe azwiho kwiyemera ko ari myugariro wa mbere ku isi,yavuze ko atewe ubwoba na Cristiano Ronaldo ndetse kuri we atakwifuza guhura nawe ngo bahangane.

Ramos yavuze ko Ronaldo arabateza ibibazo bikomeye

Yagize ati “Nakwifuza gukinana nawe aho gukina mpanganye nawe kuko twese tuzi uburyo ateye ubwoba,gusa turifuza ko ataba ari mu bihe byiza mu mukino.Yarangije umwaka w’imikino ameze neza,araza kuduteza ibyago bikomeye.Uretse Cristiano Ronaldo,ikipe ya Portugal ifite abakinnyi bakomeye ku buryo buri gihe ugomba kwitega ko baraguha akazi katoroshye.”

Portugal iracakirana na Espagne mu mukino wa mbere w’itsinda B uyu munsi ku I saa 20:00,umukino urazoza iyo kuri uyu munsi aho ku I saa munani Misiri ya Mohamed Salah iracakirana na Uruguay,mu gihe Maroc irahura na Iran saa kmi n’imwe.

Ibitekerezo

  • Nivyiza Cane Kub Bahuye Cr7 Na Ramos Barazinanye Cane. Je Kubwanje Portugal Iracinda Esp.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa