Rayon Sports ibuze amanota 3 ya mbere mu matsinda ya CAF Confederations cup
Yanditswe: Sunday 06, May 2018
Mu mukino wa mbere wo mu matsinda ya CAF Confederations Cup,ikipe ya Rayon Sports inganyije na Gor Mahia igitego 1-1,mu mvura yari nyinshi kuri stade ya Kigali I Nyamirambo.
Muri uyu mukino wa mbere wari witabiriwe n’abafana benshi biganjemo abakunzi ba Rayon Sports,nta kipe n’imwe ibashije gutahana amanota 3 kuko banganyije 1-1, babangamirwa n’imvura nyinshi yaguye,ikibuga cy’I Nyamirambo kikuzura Amavubi.
Gor Mahia yatangiye umukino iri ku rwego rwo hejuru ndetse igenda ibonana cyane hagati mu kibuga,byatumye ifungura amazamu ku munota wa 10 ku gitego cyatsinzwe na Meddie Kagere,nyuma y’uburangare bwa Usengimana Faustin na Mugabo Gabriel batabashije kumucunga bakagira ngo yaraririye.
Rayon Sports yahise ibona ko ibintu bihindutse ndetse itangira gushyira imbere imipira ishaka Christ Mbondi na Ismaila Diarra,biza kuyihira ku munota wa 24,ubwo myugariro wa Gor Mahia Walusimbi yakoreraga ikosa kuri Christ Mbondi, umusifuzi agatanga Coup Franc yatewe neza na Rutanga Eric igitego kiba kirinjiye.
Amakipe yombi yatangiye gukina ari gucungana,ariko Gor Mahia ikomeza kugariza izamu rya Rayon Sports ndetse rutahizamu Kagere abona uburyo bukomeye imbere y’izamu, umunyezamu Bakame ahagarara neza.
Igice cya mbere kigiye kurangira I Nyamirambo haguye imvura nyinshi cyane bituma amakipe yombi agorwa no kongera guhererekanya umupira, kirangira banganyije 1-1.
Mu gice cya kabiri Rayon Sports yaje ishaka igitego cya kabiri igerageza gusatira ariko birayigora, kuko amazi yari menshi mu kibuga byatumaga umupira utagenda ndetse nta kipe yashoboraga gukina umupira ugendera hasi.
Gor Mahia yabuze uburyo bukomeye ku munota wa 82 ubwo Kagere yazamukanaga umupira,akawuhereza Francis Kahata wari wenyine na Bakame,agatera umupira ugaca ku ruhande.
Kunganya mu mukino ubanza kwa Rayon Sports yaruhishe bigaragara Gor Mahia, byishe imibare y’umutoza Minnaert wifuzaga gutsinda imikino yose yo mu rugo, akarwana no kubona amanota yo hanze.
Abakinnyi 11 ba Rayon Sports babanje mu kibuga:
Umuzamu: Ndayishimiye Eric (C)
Abakina inyuma: Nyandwi Saddam, Usengimana Faustin, Gabriel Mugabo, Eric Rutanga
Abakina hagati: Ange Mutsinzi Jimmy, Mukunzi Yannick, Mbondi Christ
Abataha izamu: Muhire Kevin, Hussein Shaban, Ismaila Diarra.
Abakinnyi ba Gor Mahia babanje mu kibuga:
29 Boniface Oluoch, 18 Haron Shakava, 12 Joash Onyango, 26 Philemon Otieno, 2 Godfrey Walusimbi, 20 Ernest Wendo, 30 Humprey Mieno, 25 George Odhiambo, 8 Francis Kahata, 9 Jacques..
Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *