skol
fortebet

Rayon Sports iravugwamo amakuru mabi mbere yo guhura na Al Hilal Benghazi

author-image

Yanditswe na: Dusingizimana Remy
Kuwa: Wednesday 20, Sep 2023

Rayon Sports iravugwamo amakuru mabi mbere yo guhura na Al Hilal Benghazi

Sponsored Ad

skol

Ikipe ya Rayon Sports ikomeje imyitozo yitegura guhangana na AL HILAL Benghazi mu mikino ibiri ya CAF Confederation Cup gusa hari amakuru avuga ko rutahizamu wayo Eid Mugadam yaba yavunitse.

Iyi kipe yatangaje ko yishimiye kwakira Youssef Rharb watangiye imyitozo yoroheje nyuma y’imvune yari yagiriye mu mukino Gikundiro yatsinzemo Kiyovu Sports ibitego 3-0 muri RNIT Savings Cup.

Amakuru ari kuvugwa cyane n’abantu bo hafi ba Rayon Sports nuko uyu munya Sudan wari witeguye gukina umukino ubanza n’iyi kipe yo muri Libya kuwa Gatanu w’icyumweru gishize yaba yavunitse.

Uyu munya Sudan Mugadam yagiriye imvune mu myitozo, akaba atari gukorana n’abandi.

Ntabwo ikipe irabitangaza gusa uyu mukinnyi yagaragaje ko iri ku rwego rwo hejuru mu minsi ishize, bityo abuze muri uyu mukino byaba ari igihombo.

Rayon Sports ifite akazi gakomeye ko kwigobotora Al Hilal Benghazi kuko iragera mu Rwanda kuri uyu wa Kane ije gushaka uko igera mu matsinda.

Ikipe ya Al Hilal yo muri Libya,iheruka kwandikira CAF isaba ko umukino wayo ubanza izakiramo Rayon Sports kuri Kigali Pele Stadium ku ya 24 Nzeri 2023 ko nta mufana wawitabira mu rwego rwo kwifatanya n’igihugu cyabo mu cyunamo cyatewe n’umwuzure.

Iyi kipe izacumbika muri Hotel ya Marriott iri mu zihenze cyane mu Rwanda cyane ko nta kibazo cy’ubushobozi buke ifite.

Iyi kipe yandikiye CAF ivuga ko yakwemerera abantu 25 bo muri Rayon Sports gusa ko bakwinjira kuri uyu mukino.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Muri bande?



Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa