Rayon Sports W yatakaje umukino wa kabiri muri CECAFA y’abagore
Yanditswe: Tuesday 20, Aug 2024
Rayon Sports y’abagore yatsinzwe na Kenya Police Bullets yo muri Kenya igitego 1-0 uba umukino wa Kabiri batsizwe muri CECAFA izavamo amakipe azitabira imikino yanyuma ya CAF Champions League.
Ni umukino wabaye kuri uyu wa kabiri tariki 20 Kanama 2024,kuri Abebe Bikila Stadium muri Ethiopia.
Rayon Sports W yari ikinnye umukino wa kabiri nyuma yo gutsindwa na CBE FC yo muri Ethiopia ibitego 3-2.
Ni igitego cyaje hakiri kare ku munota wa kane cyinjijwe na Purity Anyetu, igice cya mbere cyarangiye ari 1-0.
Mu gice cya Kabiri, Rayon Sports yagarutse yahinduye uburyo bw’imikinire yataka izamu binyuze kuri Mukandayisenga Jeannine benshi bazi nka ‘Kaboyi’ ariko ntago yabonye igitego .
Iri rushanwa rigizwe n’amatsinda abiri Rayon Sports W iri mu rya mbere hamwe na CBE FC yo muri Ethiopia,Yei Joints FC yo muri
Sudan y’Epfo,Kenya Police Bullets FC na Warriors Queen FC yo muri Zanzibar
Umukino wa Gatatu Rayon Sports W izawukina na Yei Joint Stars yo muri Sudani y’Epfo ku itariki ya 23 Kanama 2024.
.
Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *