skol

Rayon Sports y’Abagore yatsinze AS Kigali nyuma yo kuyikuramo inkingi yagenderagaho

Yanditswe: Saturday 13, Jan 2024

featured-image

Ikipe ya Rayon Sports WFC yatsinze AS Kigali WFC ibitego 2-1,ihita yiyongerera amahirwe yo kwegukana shampiyona cyane ko zombi nta yindi kipe ijya izihagarika.

Muri uyu mukino w’Umunsi wa 13 wa Shampiyona y’Abagore wabereye kuri Kigali Pelé Stadium,Rayon Sports y’abagore yari yitezwe cyane kuko yasenye AS Kigali mu isoko iyikuramo abakinnyi batatu igenderaho.

Rayon Sports niyo yabanje gufungura amazamu ku gitego cyatsinzwe na Nibagwire Libelle iyi kipe yakuye muri uyu mukeba ku munota wa 8.

Nibagwire ntiyishimiye iki gitego yatsinze iyi kipe yamazemo imyaka isaga 10.

Igice cya Mbere cyarangiye Rayon Sports WFC yatsinze AS Kigali WFC iki gitego 1-0 cyinjijwe na Nibagwire Libelle.

Igice cya kabiri ibintu byakomeye kuko ku munota wa 55,Mukeshimana Dorothée yahushije penaliti ya Rayon Sports.

Uyu mukobwa,Mukeshimana Dorothée, yaje kwisubiraho atsinda igitego cya kabiri cya Rayon Sports,biba ibitego 2-0.

AS Kigali yashakaga kwishyura,yaje kugombora igitego kimwe gusa ibifashijwemo na Ukwinkunda Jeannette ku munota wa 76.

Umukino warangiye ari ibitego 2-1.

Abakunzi ba Rayon Sports bahurije ku kintu kimwe cy’uko iyi kipe ariyo izabahoza amarira cyane ko mu bagabo batsinzwe na Gasogi United ibitego 2-1,amahirwe yo kwegukana shampiyona aragabanuka.

Rayon Sports niyo iyoboye Shampiyona y’Abagore n’amanota 37 n’ibitego 50 izigamye, irusha atatu iyi kipe zihanganye yo izigamye 48.

Mu gice kibanza,aya makipe yari yatsinze imikino yose uretse uwo yanganyije igitego 1-1.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa