Ikipe ya Rayon Sports yageze mu Rwanda kuri iki cyumweru, nyuma yo gukora urugendo rwayitwaye amasaha arenga 30 iva Benghazi igaruka I Kigali.
Abakinnyi bahawe ikiruhuko cy’umunsi umwe aho bagomba kugaruka kuwa Kabiri,tariki 19 Nzeri 2023 kwitegura umukino wa Al Hilal Benghazi.
Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru muri Afurika, CAF, yemeje ko imikino izahuza Rayon Sports na Al Hilal SC mu ijonjora rya kabiri rya CAF Confederation Cup izaba tariki ya 24 n’iya 30 Nzeri 2023.
Ikipe izasezerera indi izahita ibona itike yerekeza mu matsinda, mu gihe Rayon Sports yabigeraho yaba isubiyemo amateka yakoze mu 2018 icyo gihe yanayavuyemo igera muri ¼.
Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *