skol
fortebet

Rayon Sports yahaye andi makuru meza abakunzi bayo,inagaragaza aho amatike ageze

author-image

Yanditswe na: Dusingizimana Remy
Kuwa: Thursday 28, Sep 2023

Rayon Sports yahaye andi makuru meza abakunzi bayo,inagaragaza aho amatike ageze

Sponsored Ad

skol

Ikipe ya Rayon Sports yatangaje ko umukinnyi Youssef Rharb yagarutse mu myitozo, akaba ashobora kwifashishwa kuri uyu wa gatandatu bakira Al Hilal Benghazi mu gushaka itike yo kwerekeza mu matsinda ya CAF Confederation Cup.

Uyu musore w’umunya-Maroc akaba yari yagize imvune ku mukino wa nyuma wa #RNITSavingsCup ikipe ye yatsinzemo KIYOVU Sports 3-0.

Adolphe Hakizimana nawe yagarutse mu myitozo nyuma y’imvune yagize ku kaboko k’ibumoso mu mukino ubanza wa CAF Confederations Cup na Al Hilal Benghazi.

Ikipe ya Rayon Sports kandi iratangaza Kandi ko 50% ya Tickets zo kuri uyu mukino zamaze kugurwa.

Mu butumwa yashyize hanze,Rayon Sports yavuze ko amatike ya 5000 FRW y’ahasanzwe hose amaze kugurwa ku kigero cya 52%,aya 10000 y’ahatwikiriye yo amaze kugurwa ku kigero cya 45%,VIP ya 25000FRW yo amaze kugurwa ku kigero cya 30% mu gihe VVIP ya 50000 FRW yo igeze kuri 90%.

Umukino ubanza wahuje Al Hilal SC na Rayon Sports wabereye kuri Kigali Pelé Stadium, warangiye amakipe yombi anganyije igitego 1-1 ariko iyi kipe ihagarariye u Rwanda muri CAF Confedération Cup, yari yasuye.

Bivuze ngo irasabwa kunganya 0-0 cyangwa igatsinda ubundi igahita ijya mu matsinda.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Muri bande?



Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa