Ikipe ya Rayon Sports yamaze kubona umutoza wungirije usimbura Rwaka Claude,uyu akaba ari uwitwa Mohamed Wade ukomoka muri Mauritania.
Uyu mugabo wageze mu Rwanda akaba agiye kuba umutoza wungirije w’ikipe ya mbere.
Rayon Sports yatangaje ko uyu mutoza uje kungiriza Yamen Zelfani afite ubunararibonye bukomeye kuko yanyuze mu makipe nka ASAC Concorde na FC Nouadhibou.
Uyu mugabo wageze mu Rwanda aratangira akazi ke uyu munsi bategura umukino wa Gasogi United kuri uyu wa Gatanu. (…)
Ikipe ya Rayon Sports yamaze kubona umutoza wungirije usimbura Rwaka Claude,uyu akaba ari uwitwa Mohamed Wade ukomoka muri Mauritania.
Uyu mugabo wageze mu Rwanda akaba agiye kuba umutoza wungirije w’ikipe ya mbere.
Rayon Sports yatangaje ko uyu mutoza uje kungiriza Yamen Zelfani afite ubunararibonye bukomeye kuko yanyuze mu makipe nka ASAC Concorde na FC Nouadhibou.
Uyu mugabo wageze mu Rwanda aratangira akazi ke uyu munsi bategura umukino wa Gasogi United kuri uyu wa Gatanu.
Amakuru avuga ko umutoza w’Umunya-Tunisia, Zelfani Yamen utoza Rayon Sports yanze umwungiriza yahawe n’ikipe, Rwaka Claude aho yavuze ko nta kintu amufasha.
Ubuyobozi bwa Rayon Sports bwahinduriye inshingano Rwaka Claude bumugira umutoza mukuru w’ikipe y’abagore ngo asimbure Nonde Mohamed ubu uri kubarizwa muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika.
Ntibiramenyakana niba Rwaka Claude yaremeye kujya gutoza iyi kipe cyane ko we amasezerano afitanye na Rayon Sports ari ayo gutoza Rayon Sports y’abagabo.
Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *