skol

Rayon Sports yasinyishije rutahizamu wo muri Senegal

Yanditswe: Wednesday 03, Jan 2024

featured-image

Ikipe ya Rayon Sports yamaze gusinyisha umunya Senegal, Alon Paul Gomis kugira ngo ayifashe mu mikino yo kwishyura.

Uyu mukinnyi amaze iminsi mu myitozo ya Rayon Sports ndetse abayikurikiye bemeje ko uyu ari rutahizamu mwiza.

Amakuru aravuga ko uyu rutahizamu yahawe amezi atandatu niyo avugwa ko yahawe uyu mugabo.

Mu mashusho yashyizwe hanze n’ikipe ya Rayon Sports,Uyagaragaje buyobozi bwayo businya amasezerano na rutahizamu Alon Paul Gomis.

Mu gihe isoko ry’igura n’igurisha ry’abakinnyi ryongeye gufungura hagati ya tariki ya 26 Ukuboza na 27 Mutarama 2024, amakipe menshi akomeje kongeramo abakinnyi bashya kugira ngo azitware neza mu mikino isigaye ndetse no mu Gikombe cy’Amahoro.

Rayon Sports yakiriye Rutahizamu Alon Paul Gomis i Kigali mu rukerera rwo kuri uyu wa 22 Ukuboza, yakirwa n’Umuvugizi w’iyi kipe, Ngabo Robben ndetse na Claude Muhawenimana uyobora abafana.

Alon Paul Gomis w’imyaka 29,yanyuze mu makipe nka ASC Kédia yo muri Mauritania.

Yiyongereye kuri Rutahizamu w’Umunya-Guinée, Alsény Camara Agogo uheruka gusinyira Gikundiro ariko agira imvune y’agatsitsino mu myitozo yo ku wa 21 Ukuboza.

Ku rundi ruhande,Myugariro w’iburyo muri Rayon Sports, Mucyo Didier Junior bivugwa ko yasabye ubuyobozi bw’iyi kipe ko bwamurekura akajya gushaka amahirwe ahandi kuko atari guhabwa umwanya.

Mucyo usigaje amezi atandatu muri Rayon Sports yabwiwe ko bidashoboka agomba gusoza amasezerano.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa